27.7 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduroMu muziki nta kintu cy' ubuntu_Kin Bella avuga ku gitutu cy’igitsina n’uruhare...

Mu muziki nta kintu cy’ ubuntu_Kin Bella avuga ku gitutu cy’igitsina n’uruhare rwa ‘sugar daddy’ mu rugendo rwo kumenyekana

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Umuhanzikazi w’Umunya-Uganda Kin Bella yatangaje amagambo akomeye agaragaza uko inganda z’umuziki ziba ziteye, avuga ko abahanzi benshi bashya basabwa kwemera igitutu kijyanye n’igitsina cyangwa bakagira ubushobozi bw’amafaranga ahagije, niba bashaka kugera ku izina rikomeye mu muziki.

Mu kiganiro yagiranye na Sheilah Price, Kin Bella yasobanuye ko iyo uri umuhanzi ukizamuka, akenshi uba ushyizwe mu mwanya ugoye, aho bamwe mu bantu bafite ijambo rikomeye mu muziki baba bafite inyungu zabo zihishe. Yagize ati: “Hari igihe uba usigaye nta yandi mahitamo ufite, ugasabwa kwemera ibyo batifuza kukubwira ku mugaragaro.”

Yavuze ko ari na yo mpamvu hari abahanzi b’abakobwa benshi bagira “sugar daddy” mu ibanga, kugira ngo abafashe gutera inkunga imibereho yabo n’umwuga wabo w’umuziki.Ati: “Umuziki urahenze. Niba utiteguye kwemera ibyo bamwe bagusaba, ugomba kuba ufite amafaranga yawe. Nubwo wayategura neza, hari abo uha amafaranga nk’itangazamakuru cyangwa aba-DJ bakayanga, bakifuza ibindi.”

Kin Bella yanatanze inama ku bahanzi bakizamuka, abasaba kwirinda gushaka abayobozi (managers) bashaje mu ruganda rw’umuziki kandi baramaze gucibwa intege n’ibyabayeho kera. Yavuze ko abo bashobora kubabera umutwaro aho kubafasha.Ati: “Abantu utekereza ko bazagushyira ku rwego rwo hejuru si bo babigukorera. Baba baramaze gucika intege ku bahanzi, bakakubera umutwaro mbere yo kugufasha.”

Yongeyeho ko ari byiza gutangira urugendo n’abayobozi bakiri bato, bafite inzozi n’ishyaka risa n’iryawe, bakagendana nawe kuva hasi. Yavuze ko abo aribo bafasha kurusha abayobozi bashaje bashaka icyubahiro no gukoresha abahanzi mu ntambara zabo bwite.

Kin Bella yigeze gukorana na Jeff Kiwa, umwe mu bafite izina rikomeye mu muziki wa Uganda, ariko amakuru agaragaza ko batandukanye ku mpamvu zitigeze zimenyekana.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here