27.7 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduroNabuze umwana wanjye, nsigara njyenyine – Yampano yavuze ibihe bikomeye arimo gucamo...

Nabuze umwana wanjye, nsigara njyenyine – Yampano yavuze ibihe bikomeye arimo gucamo nyuma y’amashusho yamuvuzweho

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Umuhanzi Yampano yahishuye ko ari guca mu bihe bikomeye cyane by’ubuzima bwe, nyuma y’inkuru zamuvuzweho zijyanye n’amashusho yagiye hanze, bikurikirwa n’ agahinda yatewe no kubura umwana we no gutandukana n’umugore bari babanye.

Mu kiganiro yagiranye na MIE Empire ya Murindahabi Irene, Yampano yasobanuye ko mu gihe amashusho ye yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga, yahise afata icyemezo cyo gutandukana n’umukobwa bari babanye, ibintu avuga ko byamugizeho ingaruka zikomeye ku mutima no ku buzima bwe muri rusange.

Ati: “Njyewe mbure ijuru amashusho bari kuvuga ya kabiri nta yo ahari. Nyuma y’iyo nkuru habaye indi iteye ubwoba kurushaho. Nabuze umwana wanjye. Nari mu ndege, ni yo mpamvu mwabonye amashusho ndira. Sinahise mbivuga kuko nari nkiri mu gahinda kenshi.”

Yampano yavuze ko nyuma y’izo nkuru zose, yatangiye kurwana n’amarangamutima akomeye no guhangana n’igitutu cy’imbuga nkoranyambaga, aho asanga hari abantu bashobora kuba barimo kumuremamo umuntu udashobotse , nyamara we ari mu bihe bitamworoheye na gato.

Uyu muhanzi kandi yavuze ko uwari umugore we yamusize, nyamara yari yarabaye ubuhungiro bwe.Ati: “Ikintu namubwira yihangane. Ntugabanye igitutu, ngo ute ubwiza bwawe cyangwa icyubahiro cyawe ndetse n’uwo uri we. ibi bizashira.”

Yampano yashimangiye ko uyu mugore yagize uruhare rukomeye mu guhindura ubuzima bwe, amukura ku myitwarire imwe n’imwe itari myiza, anashimira Imana yamuhuje na we.

Ati: “Hari byinshi nakoraga ntavugira aha, ariko akigera mu buzima bwanjye ibintu bidafite umumaro yabinkuyemo. Ndamushimira, Imana imuhe umugisha.”

Ku bijyanye n’amashusho yagiye hanze, Yampano yavuze ko yayafashe nta kindi agamije uretse urukundo, ashimangira ko icyo gihe yari ari mu rukundo rwinshi.

Yanagarutse ku bibazo byatangiye kumwibasira akimara gushaka umugore, aho avuga ko hari abantu benshi batangiye kumwicira imigambi, bamugirira ishyari, kugeza n’aho hari abigeze kumunywesha imiti atarwaye, bamwe bakamubeshya ko afite indwara zikomeye.

Indi nkuru wasoma bifitanye isano: Yampano mu bihe bikomeye, aciye amarenga ku iherezo ry’umubano we, nyuma y’andi mashusho yagize hanze

Yasoje avuga ko ari mu rugendo rukomeye rwo kwiyakira no gukira ibikomere byamuteye, asaba abantu kumva ko inyuma y’amakuru akunze kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga hari uburibwe bukomeye arimo kunyuramo, kandi asaba ituze n’ubwumvikane mu gihe akomeje guhangana n’ibihe bikomeye arimo.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here