26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroAbanyarwanda bo muri Uganda bahuriye mu gitaramo cy’amateka, bambaye imyambaro yera mu...

Abanyarwanda bo muri Uganda bahuriye mu gitaramo cy’amateka, bambaye imyambaro yera mu kwiyumvamo ubumwe

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Abanyarwanda batuye muri Uganda bahuriye mu gitaramo cyihariye cyabereye kuri Lugogo Cricket Oval ku wa Gatandatu tariki ya 03 Mutarama 2026, mu gikorwa cyari kigamije kwizihiza umuco, ubumwe n’ubwiyunge bwabo.

Iki gitaramo cyateguwe n’ihuriro ry’Abanyarwanda bo muri Uganda ryitwa “Abavandimwe”, rigizwe n’Abanyarwanda bavukiye ndetse bagakurira muri icyo gihugu. Iri huriro rifite intego yo kurinda umuco wabo, guteza imbere ubumwe, no gufashanya mu bibazo bitandukanye bahura na byo, birimo n’ibijyanye n’irangamimerere.

Abavandimwe bayobowe na Frank Gashumba, bakaba bahuriye muri iki gitaramo cya mbere cyahuje Abanyarwanda benshi bazwi nka “Banyarwanda” batuye muri Uganda. Icyaranze cyane iki gikorwa ni uko abacyitabiriye bose bari bambaye imyambaro yera, igaragaza amahoro, ubumwe n’icyizere cy’ejo hazaza.

Iki gitaramo cyasusurukijwe n’abahanzi batandukanye, barimo n’umuhanzi w’icyamamare muri Uganda no mu karere, Eddy Kenzo, watumye abacyitabiriye bishimira cyane uyu munsi w’amateka.

Ku nshuro ya mbere iki gikorwa kibaye, Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni na we yageneye ubutumwa Abavandimwe, abashimira uruhare bagize mu kumushyigikira mu bihe byo kwiyamamaza, ndetse abizeza ko azi ibibazo bahura na byo kandi ko akomeje gushaka ibisubizo bigamije kubikemura.

Imibare igaragaza ko muri Uganda hari Abanyarwanda barenga miliyoni 11, bakaba bari mu moko 24 yemewe n’Itegeko Nshinga ry’icyo gihugu, bigaragaza uruhare rukomeye bagira mu mibereho n’iterambere rya Uganda.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here