Umuhanzikazi wo muri Uganda Nandor Love yatangaje ko adafite impamvu yo kwicuza ku magambo aherutse kuvuga asubiza umuhanzi Bebe Cool, nyuma y’ibitekerezo uyu muhanzi yatanze ku muziki.
Nandor Love, wamamaye cyane binyuze mu ndirimbo Kinawolovu, yavuze ko ibisubizo yatanze bitari bigamije gutukana cyangwa gusebya Bebe Cool, ahubwo byari bigamije gusobanura no gukosora icyo yise kugoreka umwimerere w’ibihangano bye.
Yasobanuye ko Bebe Cool yagaragaje amagambo asa n’uwiyitirira umwimerere w’ibikorwa ubwe yahimbye, ibintu avuga ko atari byo. Ibi ngo ni byo byamuteye gufata umwanya akagaragaza ukuri ku kazi ke, mu rwego rwo kurengera ubuhanzi bwe.
Ati: “Sinicuza amagambo navuze ku byerekeye inama Bebe Cool yatanze ku buhanzi bwanjye. Ntabwo byari ibitutsi, ahubwo nashakaga kugaragaza ko hari aho yagaragaje nabi akazi nkora”
Nandor Love kandi yavuze ko umwaka wa 2026 uzaba umwaka urimo ihangana rikomeye mu muziki, ashimangira ko abahanzi bagomba kwitegura gukora cyane no gushyira ahagaragara ibikorwa bifatika kugira ngo babashe guhangana n’isoko ry’umuziki rigenda rihindagurika.



