27.7 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduroNandor Love ashinja Bebe Cool kugoreka no kwitirira ibihangano bye

Nandor Love ashinja Bebe Cool kugoreka no kwitirira ibihangano bye

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Umuhanzikazi wo muri Uganda Nandor Love yatangaje ko adafite impamvu yo kwicuza ku magambo aherutse kuvuga asubiza umuhanzi Bebe Cool, nyuma y’ibitekerezo uyu muhanzi yatanze ku muziki.

Nandor Love, wamamaye cyane binyuze mu ndirimbo Kinawolovu, yavuze ko ibisubizo yatanze bitari bigamije gutukana cyangwa gusebya Bebe Cool, ahubwo byari bigamije gusobanura no gukosora icyo yise kugoreka umwimerere w’ibihangano bye.

Yasobanuye ko Bebe Cool yagaragaje amagambo asa n’uwiyitirira umwimerere w’ibikorwa ubwe yahimbye, ibintu avuga ko atari byo. Ibi ngo ni byo byamuteye gufata umwanya akagaragaza ukuri ku kazi ke, mu rwego rwo kurengera ubuhanzi bwe.

Ati: “Sinicuza amagambo navuze ku byerekeye inama Bebe Cool yatanze ku buhanzi bwanjye. Ntabwo byari ibitutsi, ahubwo nashakaga kugaragaza ko hari aho yagaragaje nabi akazi nkora”

Nandor Love kandi yavuze ko umwaka wa 2026 uzaba umwaka urimo ihangana rikomeye mu muziki, ashimangira ko abahanzi bagomba kwitegura gukora cyane no gushyira ahagaragara ibikorwa bifatika kugira ngo babashe guhangana n’isoko ry’umuziki rigenda rihindagurika.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here