24.4 C
Africa
Vrydag, Januarie 16, 2026
HomeImyidagaduroNyuma yo kumusangana ibiyobyabwenge, Bill Ruzima yafashe umwanzuro wa kigabo ubu abwiriza...

Nyuma yo kumusangana ibiyobyabwenge, Bill Ruzima yafashe umwanzuro wa kigabo ubu abwiriza mu Itorero

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Umuhanzi Bill Ruzima, umaze kumenyekana kubera indirimbo ze zirimo Imana y’Abakundana na Munda y’Isi, yavuye mu nzira y’ibiyobyabwenge asubira mu buzima bwiza, aba umurokore mu Itorero rya ADEPR, aho asigaye abwiriza abandi.

Ruzima, azwi mu itsinda rya Yemba Voice, yari yatawe muri yombi ku wa 15 Ugushyingo 2025, akekwaho kunywa no gutunda ibiyobyabwenge by’urumogi. Yemereye Ubugenzacyaha ko yari asanzwe abikoresha kuva mu 2022.

Mu gitondo cyo ku wa 19 Ugushyingo, yoherejwe mu kigo ngororamuco cy’i Huye, Huye Isange Rehabilitation Center, aho yitabwagaho n’abaganga kugira ngo akire ibiyobyabwenge. Icyo gihe, Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko “yoherejwe mu kigo cya ‘Huye Isange Rehabilitation Center’ aho agiye kwitabwaho n’abaganga kugira ngo akire ingaruka zo kunywa ibiyobyabwenge.”

Inshuti ze za hafi zatangarije Afrovera.com ko Bill Ruzima yavuye muri icyo kigo mu mpera z’ukwezi k’ Ukuboza 2025, agaragara neza, isura ye ikeye kandi afite akanyamuneza. Bagize bati: “Mbere yo kujya muri ‘Rehab’ yanywaga inzoga, ariko ubu anywa amazi gusa kandi yabaye umuyoboke w’Itorero rya ADEPR, aho asigaye asengera ndetse abwiriza n’abandi.”

 

Amakuru atugeraho avuga ko uyu muhanzi w’ijwi ritangaje ubu abarizwa iwabo mu karere ka Nyanza gaherereye mu Intara y’ Amajyepfo y’ u Rwanda.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here