Kenny Sol yatangaje ko atemeranya n’abakomeje kuvuga ko Bruce Melodie na The Ben ari bo bihangange cyangwa abayoboye umuziki w’u Rwanda, ashimangira ko uruganda rwa muzika rugizwe n’abantu bose barimo, buri wese akagira umusanzu we.
Uyu muhanzi yavuze ko adakozwa n’imvugo y’uko hari umuhanzi umwe cyangwa babiri bashobora gufatwa nk’abari hejuru y’abandi, ahubwo yemeza ko uwakoze indirimbo nziza igakundwa n’abafana akwiye kubishimirwa, aho guhora bashyira imbere amazina amwe gusa.
Ibi Kenny Sol yabigarutseho, ubwo yari mu bikorwa byo kumenyekanisha indirimbo ye nshya yise Haje Gushya, ateganya no gusohora amashusho yayo mu minsi ya vuba.Ati: “Nta muntu uhanganye n’undi hano mu muziki. Abantu bakore ibikorwa byiza bihangane, nta muntu uyoboye uru ruganda twese tururimo.
Kenny Sol yagaragaje ko guhanganisha abahanzi bamwe no kubashyira mu mwanya w’abayoboye bishobora guca intege abandi, bagatekereza ko nubwo bakora cyane batazigera bagira agaciro gahagije kuko hari amazina yafashwe nk’adasimburwa.
Nubwo bimeze bityo, uyu muhanzi yashimye ihangana rikorwa mu buryo bw’ubucuruzi, avuga ko rishobora kugira uruhare mu gutuma uruganda rwa muzika rurushaho gutera imbere, cyane cyane iyo rwinjiriza abahanzi n’abarushyigikiye.Ati: “Uzitwara neza mu gitaramo ni we uzahabwa indabyo ze. Ibi barimo ni byiza kuko bituma uruganda rushyuha. Nanabonyemo amasosiyete akomeye yabagobotse, bivuze ko byinjije amafaranga.”
Yongeyeho ko nubwo ihangana riri hagati ya The Ben na Bruce Melodie ryaba ribyara inyungu, we nk’umuhanzi nta ruhande na rumwe azabogamira, ahubwo akaguma ku murongo we wo gukora umuziki no kuwunoza.
The Ben na Bruce Melodie bagiye guhurira mu gitaramo cyiswe The New Year kizabera muri BK Arena ku wa 1 Mutarama 2026, kikaba ari kimwe mu bitaramo bikomeje kuvugisha benshi mu bakunzi b’umuziki nyarwanda.



