31.1 C
Africa
Dinsdag, Maart 3, 2026
HomeImyidagaduroUrukundo rwigaragaje imbere y’abantu n’Imana: Umuraperi Shizzo AfroPopi arushinze n’umunyamakuru Tessy

Urukundo rwigaragaje imbere y’abantu n’Imana: Umuraperi Shizzo AfroPopi arushinze n’umunyamakuru Tessy

Date:

Related stories

spot_imgspot_img

 

Umuraperi Hakizimana Agappe uzwi cyane nka Shizzo AfroPopi n’umunyamakuru Kayitesi Yvonne (Tessy) bashyize akadomo ku rukundo rwabo, basezerana kubana nk’umugore n’umugabo mu bukwe bwitabiriwe n’abantu batandukanye b’ingeri zose.

Serivisi za Digital za Afrovera

Dufasha business n’imishinga kugaragara online bin yuze muri serivisi za digital zinoze kandi ku giciro gito cyane.

  • ✔ Gukora Website za business & companies
  • ✔ Posters & Graphic Design
  • ✔ Website Hosting & Domain
  • ✔ Gufungura YouTube Channels za business

Andikira kuri WhatsApp:

+254 700 852 479

Ni ibirori byabereye ku wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026, aho imihango yo kwiyakira yakorewe kuri Intare Conference Arena, hateraniye inshuti n’imiryango y’impande zombi. Byari ibyishimo byihariye byagaragazaga urukundo rukomeye rw’aba bombi n’intangiriro y’urugendo rushya rw’ubuzima bwo kubana.

Mbere y’ibi birori, Shizzo na Tessy bari babanje gusezerana imbere y’amategeko mu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya ku wa 08 Mutarama 2026, bashimangira ko urukundo rwabo rushingiye ku mategeko no ku ndangagaciro z’ubwubahane.

Ku munsi w’ubukwe, Shizzo yagiye gusaba no gukwa mu muryango wa Tessy aherekejwe n’ibyamamare bitandukanye mu myidagaduro n’itangazamakuru, barimo Babu wa Isiba TV, The Real Gasana uherutse gushyira hanze indirimbo Natinatina, Jojo Breezy n’abandi benshi.

Ku ruhande rwa Tessy, yaserukanye n’inshuti ze za hafi n’abo basanzwe bakorana, barimo Brandy bakorana ikiganiro This and That, Mutako uzwi muri City Maid, umunyamakuru wa RBA Mushishi Aimé Bauté, n’abandi batandukanye.

Ubwo Tessy yasohokaga aje kuramukanya n’abari baje kwifatanya n’imiryango nyuma y’uko bari bamaze guhana umugeni, yakiriwe n’ibihozo byaririmbwaga n’umuhanzi Munganyinka Alouette, mu gihe ibirori byasusurukijwe n’itsinda Indashyikirwa Iganze Gakondo, ryongereye ibyishimo n’umuco muri uwo munsi udasanzwe.

Ubukwe bwa Shizzo na Tessy bwasize isomo ku bakurikira imyidagaduro n’itangazamakuru, bwerekana ko urukundo rushobora guhuriza hamwe isi y’umuziki n’iy’itangazamakuru, rugashingira ku cyubahiro, ukwiyumvanamo n’umugisha w’abantu n’Imana.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here