24.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroYavuye mu bukene bukabije agera ku rwego rwo kwigarurira Afurika_Urugendo rudasanzwe rwa...

Yavuye mu bukene bukabije agera ku rwego rwo kwigarurira Afurika_Urugendo rudasanzwe rwa Sat-B

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Uyu munsi, Sat-B abarirwa mu bahanzi b’Abarundi bakunzwe cyane mu karere k’Ibiyaga Bigari, ariko urugendo rwe rwo kugera kuri urwo rwego ntirwari rworoshye, nyuma y’icyubahiro n’intsinzi afite uyu munsi, hari inkuru y’ubuzima bwaranzwe n’ubukene bukabije, gusuzugurwa no kwihangana kudasanzwe.

Sat-B, amazina ye nyakuri akaba Bizimana Abubakar Kalume, yavukiye mu Ntara ya Cibitoke, akurira mu gace ka Kanyosha ku nkengero z’Umujyi wa Bujumbura, kazwi nk’ahatuwe n’imiryango ifite amikoro make. Mu buto bwe, ubuzima bwari bugoye ku buryo kubona ifunguro rya buri munsi byasabaga imbaraga nyinshi, ariko ntiyigeze areka inzozi ze zo kuzaba umuhanzi.

Mu 2002 ni bwo yinjiriye bwa mbere muri studio asohora indirimbo ye ya mbere, icyo gihe, kubona amafaranga yo kwishyura studio byari bigoranye cyane, bituma agenda n’amaguru ava muri Kanyosha ajya mu mujyi rwagati ashakisha amahirwe yo guhura n’abatunganya umuziki.

Mu ntangiriro z’urugendo rwe, Sat-B ntiyahuye n’inkunga ihagije, kuko yagiye ahura n’abantu bamwima amahirwe, abandi bakamufata nk’udafite aho agana. Yigeze no gusuzugurwa kubera imyambaro mike yari afite, kuko yambaraga ipantalo imwe igihe kirekire, ariko ibyo byose nti byigeze bimuca intege.

Ni muri urwo rugendo rutoroshye havutse izina Sat-B, risobanura “Satellite y’u Burundi”, rikomoka ku cyifuzo cye cyo kuba umuhanzi ugaragaza igihugu cye ku rwego mpuzamahanga binyuze mu muziki.

Nubwo atabashije kwiga amashuri menshi, Sat-B yiyigishije umuziki ku giti cye, yiga kuririmba, gutunganya indirimbo no kwitwara ku rubyiniro. Yagerageje injyana zitandukanye zirimo Zouk, Reggae, R&B, Hip-hop, Raggaeton ndetse na Amapiano, bituma umuziki we ugera ku bakunzi b’ingeri zitandukanye.

Uyu munsi, Sat-B ni umwe mu bahanzi bake b’Abarundi babashije gutungwa n’umuziki wabo. Indirimbo ze zikunzwe n’abantu babarirwa muri za miliyoni ku mbuga nkoranyambaga, ndetse amaze gutaramira mu bihugu bitandukanye bya Afurika n’u Burayi.

Ku myaka 37, Sat-B ni umubyeyi w’abana batatu b’abahungu. Akomeza gufata umuziki nk’ubutumwa bwo gutanga icyizere, asaba cyane urubyiruko kudacika intege no kudatinya , kuko yemeza ko nta kintu kidashoboka iyo hari ukwizera n’umurava.

Mu minsi iri imbere, ateganya igitaramo gikomeye i Bujumbura cyo kwizihiza imyaka 25 amaze mu muziki, kizaba ari ikimenyetso cy’urugendo rudasanzwe rwubakiye ku kwihangana n’urukundo rw’umwuga.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here