23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroUrukundo rwigaragaje imbere y’abantu n’Imana: Umuraperi Shizzo AfroPopi arushinze n’umunyamakuru Tessy

Urukundo rwigaragaje imbere y’abantu n’Imana: Umuraperi Shizzo AfroPopi arushinze n’umunyamakuru Tessy

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Umuraperi Hakizimana Agappe uzwi cyane nka Shizzo AfroPopi n’umunyamakuru Kayitesi Yvonne (Tessy) bashyize akadomo ku rukundo rwabo, basezerana kubana nk’umugore n’umugabo mu bukwe bwitabiriwe n’abantu batandukanye b’ingeri zose.

Ni ibirori byabereye ku wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026, aho imihango yo kwiyakira yakorewe kuri Intare Conference Arena, hateraniye inshuti n’imiryango y’impande zombi. Byari ibyishimo byihariye byagaragazaga urukundo rukomeye rw’aba bombi n’intangiriro y’urugendo rushya rw’ubuzima bwo kubana.

Mbere y’ibi birori, Shizzo na Tessy bari babanje gusezerana imbere y’amategeko mu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya ku wa 08 Mutarama 2026, bashimangira ko urukundo rwabo rushingiye ku mategeko no ku ndangagaciro z’ubwubahane.

Ku munsi w’ubukwe, Shizzo yagiye gusaba no gukwa mu muryango wa Tessy aherekejwe n’ibyamamare bitandukanye mu myidagaduro n’itangazamakuru, barimo Babu wa Isiba TV, The Real Gasana uherutse gushyira hanze indirimbo Natinatina, Jojo Breezy n’abandi benshi.

Ku ruhande rwa Tessy, yaserukanye n’inshuti ze za hafi n’abo basanzwe bakorana, barimo Brandy bakorana ikiganiro This and That, Mutako uzwi muri City Maid, umunyamakuru wa RBA Mushishi Aimé Bauté, n’abandi batandukanye.

Ubwo Tessy yasohokaga aje kuramukanya n’abari baje kwifatanya n’imiryango nyuma y’uko bari bamaze guhana umugeni, yakiriwe n’ibihozo byaririmbwaga n’umuhanzi Munganyinka Alouette, mu gihe ibirori byasusurukijwe n’itsinda Indashyikirwa Iganze Gakondo, ryongereye ibyishimo n’umuco muri uwo munsi udasanzwe.

Ubukwe bwa Shizzo na Tessy bwasize isomo ku bakurikira imyidagaduro n’itangazamakuru, bwerekana ko urukundo rushobora guhuriza hamwe isi y’umuziki n’iy’itangazamakuru, rugashingira ku cyubahiro, ukwiyumvanamo n’umugisha w’abantu n’Imana.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here