29.4 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeBamwe bahise bashya ubwoba! Moïse Katumbi yashyize murujijo abaturage ba RDC nyuma...

Bamwe bahise bashya ubwoba! Moïse Katumbi yashyize murujijo abaturage ba RDC nyuma yo gutangaza amajwi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Moïse Katumbi wari umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yongeye gutera ubwoba Abanyekongo kwibaza icyaba ki giye gukurikiraho nyuma y’uko CENI, itangaje uwatsinze Amatora aheruka kuba.

Ku Cyumweru, tariki 31Ukuboza 2023, n’ibwo CENI, yatangaje bya gateganyo ko Félix Tshisekedi, yatsinze Amatora yo ku itariki 20 Ukuboza 2023, aho yatsindanye amajwi 73.34%, Moïse Katumbi aza ku mwanya wa 2 na majwi 18%.

Katumbi Moïse wari Umukandinda ku mwanya w’umukuru w’igihugu, akaba atemera ibyavuye mu matora, mu ijambo rye

ati: “Igihe ni iki ngo tubohoze Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ive mu maboko y’ababi! Nyuma y’urugendo rwo mu myaka ya 1960 na 1997, ibindi bihe bishya byo kuvana Abanyekongo mu butegetsi bw’igitugu tugiye ku byinjiramo.”

Yunzemo Kandi ati: “Nk’uko Patrice Lumumba na Mzee Laurent Desire Kabila, ba bikoze bazana impinduka muri RDC niko natwe tugiye kubikora.”

Katumbi yasoje agira ati: “Niyemeje gukiza Abanyekongo no kubavana mu buretwa bagizemo igihe.”

Ishyaka rya Ensemble pour La Republique, rya Moïse Katumbi, ryo, riheruka gutangaza ko kandida wabo Moïse Katumbi, ariwe watsinze Amatora ko Kandi batazigera bemera ibyavuye mu matora yo ku itariki 20 Ukuboza 2023.

Irishyaka kandi ryabwiye Abanyekongo ko no mugihe kandida wabo Moïse Katumbi, yakwemera ibya vuye mu matora bo batazigera ba byemera nagato.

Moïse Katumbi Chapwe
Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img