26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitike«Ubu ntabiganiro tugikeneye! » M23 yariye karungu itangaje ku mugaragaro ibyo igiye...

«Ubu ntabiganiro tugikeneye! » M23 yariye karungu itangaje ku mugaragaro ibyo igiye gukorera Tshisekedi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Canisius Munyarugero umuvugizi wungirije w’Umutwe wa M23 mu bya Politiki; yeruye atangaza ko izi Ntare za Sarambwe [M23] itazongera guhendahenda ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi, ngo barajya mu biganiro.

Munyarugero avuga ko bamaze gutahura ko ikizashiraho iherezo ubutegetsi bwa Kinshasa ari ugukoresha isasu.Ibi yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa gatatu tariki ya 03 Mutarama 2024, aho mu magambo ye yagize ati:

«Ubu ntabwo tugikora imishikirano na leta ya RDC, igihe cyabyo cyararangiye! kuri ubu imishyikirano turi kuyigirana n’abaturage bagenzi bacu ba banyekongo. »

Akomeza asobanura ko ntako batagize ubutegetsi bw’i Kinshasa aho kubumva hubwo ngo bakomeje kuvunira ibiti mu matwi.

Yagize ati: «Igihe rero kirageze, ngo twishakire amahoro dukoresheje izindi nzira. »

Yakomeje avuga ko mu bihe bishize bategereje ibiganiro barahebura ndetse ko banagerageje uburyo bwose bushoboka leta y’i Kinshasa iba ibamba.

Ku bya matora y’u mukuru w’igihugu aheruka kuba tariki ya 20 Ukuboza 2023, Munyarugero, yavuze ko atakagombye no kwitwa Amatora ko ahubwo ari inkinamico Tshisekedi na gatsiko ke bakoze.

Uyu muvugizi wungirije mu bya politiki ya M23 yavuze ko nyine mugihe imashini z’itora zajyanye mu mazu yabakozi ba Tshisekedi batari kubura gushyiramo amajwi bashaka.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img