24.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeAndi makuruRusia: Vladimir Putin yatsinze amatora ku majwi hafi 90%

Rusia: Vladimir Putin yatsinze amatora ku majwi hafi 90%

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2024  nibwo byatangajwe ko Vladimir Putin yatsinze amatora y’Uburusiya ku bwiganze bw’amajwi hafi 90%.

Ibyavuye mu matora bigaragaza ko Putin yayatsinze ku majwi arenga 87%, Putin yavuze ko demokarasi y’Uburusiya ikorera mu mucyo kurusha ibihugu byinshi byo mu burengerazuba bw’isi.

Ni mu gihe nta mukandida wa nyawe utavuga rumwe n’ubutegetsi wemerewe kwiyamamaza.

Abashyigikiye Alexei Navalny, wapfuye wanengaga Putin,bikaza kuvugwa ko ariwe wamwishe, bakoze imyigaragambyo bamagana ibyavuye mu matora.

Umuryango OVD-Info ukurikiranira hafi ibibera mu Burusiya wavuze ko Abarusiya nibura 80 batawe muri yombi. Ntabwo hongeye kubaho ibitero bya hato na hato ku biro bimwe by’itora byabaye ku wa gatanu.

Igihugu nk’Ubudage cyavuze ko ibyabaye mu Burusiya ari ingirwamatora.Ni mu gihe Ubwongereza nabwo bwavuze ko amatora atanyuze mu mucyo no mu bwisanzure.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here