24.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeAndi makuruM23 ntiyumvisha ukuntu MONUSCO ifatanya na FARDC mu Kwica abaturage

M23 ntiyumvisha ukuntu MONUSCO ifatanya na FARDC mu Kwica abaturage

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Kuri uyu wa 17 Werurwe 2024, ubuyobozi bwa M23 bwashyize hanze itangazo rishinja ingabo z’umuryango w’Abibumbye MONUSCO, kugaba ibitero mu baturage.

Muri iri tangazo M23 irashinja kandi ikanamagana MONUSCO gufatanya n’ingabo za Repubulika iharanira  demokarasi ya Congo, FARDC, n’imitwe y’itwaje intwaro irimo FDLR, Wazalendo ndetse n’Ingabo z’u Burundi na SADC kugaba ibitero ku baturage baturiye ibice bya Sake n’inkengero zayo.

Lawrence Kanyuka umuvugizi wa M23 mubya politike yavuze ko ibitero by’ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Kinshasa bagabwa mubaturage bikorerwa mu birindiro bya MONUSCO.

Iri tangazo rivuga kandi ko «M23 yamaganye yivuye inyuma ikoreshwa nabi ry’ibirindiro bitandukanye by’ingabo za MONUSCO byifashishwa n’ingabo zirwana k’uruhande rw’ingabo za Leta ya Kinshasa, zirimo FDLR, FARDC, ingabo z’u Burundi, Wazalendo na SADC binyuranye n’inshingano za MONUSCO. »

Kanyuka  muri Iri tangazo akomeza avuga ko; ibyo bitero bihitana ubuzima bw’abaturage nyamara bibera mu maso y’amahanga ntihagire icyo abikoraho kandi abarwanirira Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, bahajyana imbunda ziremereye kugira ngo zigabe ibitero ku baturage n’inzirakarengane bituma benshi bahatakariza ubuzima, abantu bakavanwa mu byabo ndetse n’imitungo ikahangirikira. Ikibabaje ni uko ibyo bikorwa by’ubwicanyi bibera mu maso y’umuryango mpuzamahanga wicecekeye.

Itangazo rikomeza rivuga ko abarwanyi ba FDLR, Wazalendo, abacanshuro n’ingabo z’u Burundi bambara bose uniform y’ingabo za FARDC bakaja k’urugamba.

M23 izakomeza ibikorwa byo kurinda abaturage, inasaba MONUSCO guhagarika ibikorwa byo gutiza ibirindiro byayo ihuriro ry’imitwe irimo n’ingabo za RDC ribyifashisha mu kwica abaturage.

M23 ntiyumvisha ukuntu MONUSCO ifatanya na FARDC mu Kwica abaturage
Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here