23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeAndi makuruUmugore yasinziriye mu modoka itwara abagenzi akangutse arira nk’uruhinja akibona ibyo bakoreye...

Umugore yasinziriye mu modoka itwara abagenzi akangutse arira nk’uruhinja akibona ibyo bakoreye umwana we

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Icyemezo cy’umubyeyi cyo gusinzirira gato mu modoka itwara abagenzi mu gihugu cya Kenya,cyamubyariye akaga kuko yakangutse agasanga umwana we bamwibye. 

Uyu mugore wari mu modoka itwara abagenzi izwi nka Matatu, wari ugiye muri Ukambani avuye i Nairobi,yasinziriye akangutse abura umukobwa we w’amezi arindwi. 

Abagenzi bari kumwe muri matatu bavuze ko umugore utamenyekanye wari wicaye iruhande rwe yasohokanye uyu mwana bageze mu gace ka Magogoni ku muhanda wa Thika Garissa. 

Uyu mwana wibwe yitwa Briana Mutanu Kanini,akaba yarabuze kuwa 29 Gashyantare. 

Uyu mugore wari uhangayitse cyane, yahise abimenyesha kuri sitasiyo ya Polisi ya Magogoni. 

Abayobozi batangiye gushakisha urwo ruhinja rwabuze kandi bahamagarira umuntu wese ufite amakuru kuyatanga vuba. 

Kenya ni kimwe mu bihugu ubujura bw’abana b’impinja buri hejuru ndetse BBC yigeze gukora icyegeranyo kigaragaza ko abarenga ibihumbi baburiwe irengero. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here