32.2 C
Africa
Vrydag, April 24, 2026
HomeImikinoAbafana binjiye mu kibuga gukubita abakinnyi bari bamaze kubatsinda. Amafoto + Video

Abafana binjiye mu kibuga gukubita abakinnyi bari bamaze kubatsinda. Amafoto + Video

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Abafana ba Trabzonspor birukankiye mu kibuga, basagarira abakinnyi ba Fenerbahçe nyuma y’umukino wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Turikiya wabaye ku Cyumweru, tariki ya 17 Werurwe 2024. 

Fenerbahçe yatsinze ibitego 3-2 muri uyu mukino wabereye kuri Papara Park mu Mujyi wa Trabzon, abakinnyi n’abafana bayo bahura n’uruvuga gusenya ubwo bishimiraga intsinzi. 

Abakinnyi Bright Osayi-Samuel na Michy Batshuayi bahanganye n’abafana babasagariye ubwo abashinzwe umutekano bageragezaga gutabara. 

Minisitiri w’Umutekano muri Turikiya, Ali Yerlikaya, yanenze imyitwarire yagaragajwe n’abafana ba Trabzonspor. 

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X [yahoze ari Twitter], Ali Yerlikaya yagize ati “Nyuma ya byose, siporo ni ikinyabupfura. Ubugizi bwa nabi ntibwemerewe kubera ku bibuga by’umupira w’amaguru.” 

Ibibazo byatangiye kuvuka ku munota wa 87 aho hari ibintu bitandukanye byajugunywe mu kibuga, ubwo Batshuayi yari amaze gutsinda igitego gikora ikinyuranyo ku ruhande rwa Fenerbahçe yari yasuye. 

Iki ni kimwe mu bikorwa bidashimishije bikomeje kugaragara muri Shampiyona ya Turikiya muri uyu mwaka w’imikino wa 2023/24. 

Mu Ukuboza, umusifuzi Halil Umut Meler yakubiswe na Perezida w’Ikipe ya MKE Ankaragucu, Faruk Koca, byatumye uyu muyobozi ahagarikwa. 

Kuri ubu, Fenerbahçe ni iya kabiri muri Super Lig n’amanota 79, irushwa abiri na Galatasaray ya mbere nyuma y’imikino 30, mu gihe yo irusha amanota 30 Trabzonspor ya gatatu. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here