35.9 C
Africa
Vrydag, April 24, 2026
HomeImikinoRutahizamu wari inkingi ya mwamba muri Real Madrid yakatiwe gufungwa imyaka 9...

Rutahizamu wari inkingi ya mwamba muri Real Madrid yakatiwe gufungwa imyaka 9 muri gereza

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Urukiko rukuru rwo muri Brazil rwemeje ko Robinho wahoze akina umupira w’amaguru, agomba kurangiza imyaka icyenda afunzwe kubera icyaha cyo gufata ku ngufu yakoreye mu Butaliyani mu 2017. 

Muri 2017, Robinho yakatiwe igifungo cy’imyaka icyenda mu Butaliyani kubera uruhare yagize mu ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakozwe nk’itsinda mu 2013, ubwo yakiniraga AC Milan. 

Kubera politiki ya Brazil ku benegihugu bayo, Ubutaliyani bwasabye ko yafungirwa iwabo muri Brazil. 

Kuri uyu wa gatatu, Urukiko rwisumbuye rwa Brazil rwafashe icyemezo ku majwi 9-2 y’abatoye mu kwemeza icyemezo cy’urukiko rw’Ubutaliyani. 

Robinho w’imyaka 40, ufite uburenganzira bwo kujuririra Urukiko rw’Ikirenga rwa Brazil, ahakana ibyo aregwa, ashimangira ko gukorana imibonano mpuzabitsina n’umurega bahuriye mu kabari i Milan byari byumvikanyweho. 

Yashyikirije pasiporo ye abategetsi ba Brazil, ubu akaba atuye i Santos, hafi ya Sao Paulo. 

Mu iburanisha ryo ku wa gatatu, uwunganira Robinho, Jose Eduardo Alckmin, yabwiye urukiko ko umukiriya we yasabye ko urubanza rusubirwamo muri Brazil. 

Umucamanza wa mbere watoye, Francisco Falco, yemeje ko igihano cya Robinho kigomba gukorerwa muri Brazil, ashimangira ko uyu wahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru agomba guhura n’ingaruka z’ibyo yakoze. 

Nkuko Goal ibitangaza, Robinho ngo aherutse kuvuga ko igifungo cy’imyaka icyenda yahawe, ari ingaruka z’irondaruhu mu Butaliyani. 

Robinho w’imyaka 40, yamenyekanye cyane mu Bwongereza nyuma yo kugurwa miliyoni 32.5 z’ama pound na Man City mu 2008, ku munsi iyi kipe yaguzwe na kompanyi iyoborwa n’igikomangoma cya Abu Dhabi, Sheikh Mansour. 

Robinho yakatiwe igifungo cy’imyaka icyenda mu Butaliyani kubera uruhare yagize mu ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here