32.7 C
Africa
Vrydag, April 24, 2026
HomePolitikeImibereho ya bamwe mu basirikare ba SADC boherejwe kurwanya M23 iri gutuma...

Imibereho ya bamwe mu basirikare ba SADC boherejwe kurwanya M23 iri gutuma batabaza umuhisi n’umugenzi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Abasirikare ba Afurika y’Epfo (SANDF) boherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC bwo gufatanya na FARDC kurwana na M23, ubuzima bwabo bukomeje kubagora kuko ngo inzara ibageze ku buce. 

Aya makuru yashizwe hanze n’urubuga rwo mu gihugu cya Afrika y’Epfo, ruzwi nka ‘Newzroom Afrika rubinyujije kuri Twitter(X), aho abasesenguzi batandukanye babigarutseho bavuga ko mu gihe nta gikozwe izi ngabo ziribushirire muri RDC. 

Ni abasirikare baturutse muri iki gihugu bagera kuri 600 bavuga ko babayeho nabi kuko aho bakambitse bategekwa gusangira ubwiherero bugera kuri butandatu gusa ndetse ngo bakanahabwa amafunguro atujuje ubuziranenge kande akaba atanahagije. 

Kuva izi ngabo zoherezwa muri ubu butumwa, zihuje n’izindi zavuye muri Malawi na Tanzania mu rwego rwa SADC, ntizigeze zigira amahwemo kuko ku ikubitiro bakihagera batakaje bamwe mu basirikare bahitanywe n’igisasu. 

Ni nyuma y’uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamwe bo muri Afurika y’Epfo bavuze ko batari bakwiye kujyanwa guhangana na M23 kuko nta myitozo n’ibikoresho bafite byahangana n’aba barwanyi b’i Sarambwe. 

Kuva bagera muri iki gihugu kandi nta rugamba na rumwe baratsinda, ibintu abasesenguzi bavuga ko bashobora kuzarambirwa bakazinga utwangushye bakisubirira aho baturutse. 

Izi ngabo zageze muri RDC mu mpera z’Ukoboza 2023 ,aho ziri muri gahunda y’Amasezerano yasinywe hagati ya DRC n’umuryango wa SADC yo gutera inkunga FARDC mu guhangana na M23. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here