35.9 C
Africa
Vrydag, April 24, 2026
HomePolitikeAbasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Abo Bafatanyije bashyigikiwe na MONUSCO...

Abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Abo Bafatanyije bashyigikiwe na MONUSCO babyutse bamisha Ibisasu biremereye mu Baturage

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Muri iki gitondo cya tariki ya 01 Mata 2024,  ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, harimo imitwe yitwara gisirikare nka Wazalendo na FDLR babyutse bagaba ibitero mu baturage b’abasivile baturiye akarere ka Butare, Nyenyeri, no mutundi duce turi hafi aho, muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Ibi byatangajwe n’umuvugizi wa M23 mu bya politike, Lawrence Kanyuka mu butumwa yashyize hanze akoresheje urubuga rwa X rwahoze ari X. 

Ubuyobozi bwa M23 bwihanangirije ingabo za MONUSCO kureka ibikorwa byo gushyigikira ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa. 

Umuvugizi wa M23 mu bya politike, yasoreje ku butumwa buvuga ko Ingabo ziharanira impindura-matwara muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, M23/ARC, mu bihe nk’ibi bakora uko bashoboye kugira ngo bahagarike ibitero biba byagabwe mu baturage. 

Ibi bitero bibaye mu gihe ku munsi w’ejo hashize, hiriwe ituze ku murongo w’urugamba hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 

Mu gihe MONUSCO ishinjwa gutera inkunga ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Tshisekedi, ku rundi ruhande Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nayo ishinja izo ngabo z’u muryango w’Abibumbye gushyigikira M23. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here