22.8 C
Africa
Donderdag, April 23, 2026
HomePolitikeAbasirikare ba SADC bari gufatanya na FARDC kurwanya M23 bitabye Imana abandi...

Abasirikare ba SADC bari gufatanya na FARDC kurwanya M23 bitabye Imana abandi bakomereka bikabije

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Kuri uyu wa 8 Mata 2024, Abasirikare bane barimo batatu ba Tanzania n’umwe wa Afurika y’Epfo bari mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’amajyepfo (SADC) mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bapfuye. 

Mu butumwa bwashyizwe hanze na SADC, uyu muryango watangaje ko abo muri Tanzania ari bo bapfuye mbere, ubwo igisasu cya cyagwaga ku birindiro barimo, undi wa Afurika y’Epfo apfa ubwo yitabwagaho n’abaganga i Goma. 

Umuvugizi w’uyu muryango, Barbara Lopi, yasobanuye ko hari abandi basirikare batatu ba Tanzania bakomerekejwe n’iki gisasu. 

Izi ngabo zoherejwe mu burasirazuba bwa RDC kuva mu Ukuboza 2023 kugira ngo zifashe iki gihugu kurwanya M23. 

Uyu muryango watangaje ko mu gihe izi ngabo zikomeje ubutumwa muri iki gihugu, zifite uburenganzira bwo kwirwanaho mu gihe cyose zaba zigabweho ibitero. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here