37.1 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomePolitikeBimwe mubyo Perezida Félix Tshisekedi azaganira na mugenzi we Emmanuel Macron

Bimwe mubyo Perezida Félix Tshisekedi azaganira na mugenzi we Emmanuel Macron

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Kuri iki cyumweru tariki ya 28 Mata 2024, Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko i Berlin mu Budage rw’igihe gito Nkuko byatangajwe na Tina Salama umuvugizi bwite wa Perezida.

Abinyijije k’urukuta rwe rwa x yahoze yitwa Twitter, yemeje ko perezida Félix Tshisekedi ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, yageze i Berlin mu Budage, ko kandi yakiriwe na Chancelier Olaf Scholz.

Tina Salama yavuze kandi ko umukuru w’igihugu cya Repubulika iharanira demokorasi ya Congo, ari buganire na mugenzi we ibintu bitatu, birimo «umutekano muke ukomeje kuzamba mu Burasirazuba bwa RDC, ubufatanye bw’ibihugu byombi ndetse no mu bucuruzi. »

Uyu mukuru w’igihugu yanyuze mu Budage kuganira na Chancelier wabwo, mbere yo kwerekeza i Paris mu gihugu cy’u Bufaransa.

Urugendo rwa perezida Félix Tshisekedi i Paris rwa maganwe n’abarimo Corneille Nangaa, umuhuza bikorwa mukuru wa AFC; avuga ko igihugu nk’u Bufaransa kitari gikwiye kwa kira umuntu nka Tshisekedi uzwiho ko ari nkora maraso.

Nangaa yamaganye urugendo rwa Tshisekedi akoresheje ibaruwa yandikiye perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Mu ibaruwa yagize ati: «Tshisekedi Tshilombo, ahonyora uburenganzira bwa baturage be; nti bikwiye ko perezida Emmanuel Macron ya kwakira umuntu nk’uwo.»

Urugendo rwa perezida Félix Tshisekedi rwo kwerekeza i Paris mu Bufaransa, rwatangajwe mu mpera z’iki Cyumweru turimo dusoza, rukaba rwa ratangajwe bwa mbere n’ambasaderi w’u Bufaransa muri RDC. Nyuma yuko yari yagiranye ibiganiro na Tshisekedi.

Yanavuze ko Tshisekedi na mugenzi we w’u Bufaransa, bazaganira ku mishinga ikomeye yo kubaka RDC no ku mutekano w’u Burasirazuba bwa Repubulika iharanira demokorasi ya Congo.

Perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we Emmanuel Macron
Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here