37.4 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeAmakuruM23 yanyomoje amakuru akomeye yavuzwe na Radio Okapi »Inkuru irambuye

M23 yanyomoje amakuru akomeye yavuzwe na Radio Okapi »Inkuru irambuye

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Ubuyobozi bwa M23 bwanyomoje amakuru yatangajwe na Radio Okapi aho yavuze ko aba basirikare bateye ibisasu muri Kibilizi bikagira abo byica ndetse n’abo bikomeretsa.

M23 yanyomoje aya makuru binyuze k’umuhuzabikorwa wayo, bwana Benjamin Mbonimpa, aho yakoresheje urubuga rwe rwa X yahoze yitwa Twitter, y’amagana ibya tangajwe na Radio Okapi.

Nk’uko radio okapi yari yabitangaje yavuze ko ku munsi w’ejo hashize tariki ya 27 Mata 2024, M23 yateye ibisasu muri Kibilizi, ho muri teritware ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, bigasiga bihitanye abasivile babiri bikomeretsa abandi batatu.

Amakuru ya radio okapi akomeza avuga ko ibyo bisasu, bya nasenye n’amazu atatu y’abatutage ndetse ko byangije n’ibirimo n’ibikorwa remezo.

Iyi radio ikavuga ko ayo makuru yayavanye mu nzego zishinzwe umutekano. Ibi nibyo Benjamin Mbonimpa wo muri M23 yise amakuru ya propaganda z’abanyamakuru ba korera mu kwaha ku butegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Yagize ati: «Nigute M23 ubwayo yo kwirasira muri Kibilizi, kandi ariyo ihagenzura kuva mbere? Ibyo ni propaganda z’u butegetsi bwa Kinshasa. Erega mwavuniye ibiti mu matwi no kumva ntimwumva. »

Yakomeje agira ati: «Ingabo za Kinshasa ziri gukora ibyaha muri Rwindi na Kibirizi ku gira ngo birukane M23. »

Ubutumwa bwa Benjamin Mbonimpa bunavuga ko Kibirizi kugeza ubu ikigenzurwa na M23, bityo ko ibitero ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa byagabwe mu birindiro byabo n’ahatuwe n’abaturage ko kandi aribyo byasenyeye abaturage byica abasivile bagera kuri 2 bikomeretsa abarenga batatu.

Ibyo bitero bya FARDC, Wazalendo, Ingabo z’u Burundi, abacanshuro, FDLR na SADC byongeye gutuma abaturage bata ibyabo bamwe bahungira mu bihuru harimo n’abahungiye i Minova mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Imyaka igiye kuba itatu hari uguhangana gukomeye hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa ihamwe na M23 ikomeje kujyambere ari nako yirukana abo bahanganye, bigatuma ikomeza kwigarurira ibice byinshi byo muri teritware ya Masisi, Rutshuru na Nyiragongo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here