26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroDiamond yeretse abafana umukobwa yakunze mu mwaka 15 ishize, akamuririmbira indirimbo bikarangira...

Diamond yeretse abafana umukobwa yakunze mu mwaka 15 ishize, akamuririmbira indirimbo bikarangira amuteye indobo

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umuhanzi ukunzwe muri Tanzania no mu ruhando mpuzamahanga Diamond Platnumz yatunguye abafana atumira Sarah watumye yandika indirimbo ye yanabaye impamvu zo kumenyekana ndetse akaba yarahoze ari n’umukunzi we. 

Ibi Diamond yabitangarije mu gitaramo cye ku mugoroba wa tariki 27 Mata 2024, ubwo yatoboraga agasangiza abakunzi be ko mu bakitabiriye harimo n’umuntu akunda cyane, wanatumye yandika indirimbo yamugize icyamamare yitwa Kamuambie. 

Mu magambo yuje amarangamutima Diamond yagize ati: “Iyi ndirimbo nayanditse nkurikije ibyambayeho ku giti cyanjye. Hano hari umudamu nkunda cyane, kandi namubonye ari hano, yitwa Sarah. 

Ni we mpamvu yatumye ndirimba ‘Kamwambie’.” 

Akimara kumuhamagara ku rubyiniro Sarah yahagurutse amusanga ku rubyiniro barahoberana, hanyuma Diamond ahita asangiza abari aho inkuru y’umubano wabo w’ahahise mu myaka 15 ishize. 

Ati: “Icyo gihe yari akiri muto, afite isoni, uyu ni Sarah, naramukunze  cyane. Icyo gihe nabonaga asa nka Beyoncé, nari narabaye nk’umusazi kuri ubu afite umuryango.” 

Nubwo bakundanye ariko ku rundi ruhande uyu muhanzi yagaragaje ko inzira za bo zatandukanye, Sarah akaba yarakomeje ubuzima bwe aho afite uwe muryango. 

Mu gitaramo Diamond Platinumz aherutse gukora indirimbo yaririmbanye na Zuchu, indirimbo bakoranye yitwa Mtasubiri. Zuchu amubaza niba bazashyingiranwa cyangwa ateganya kumugira igikoresho gusa. 

Ni ibintu byatunguye Diamond akamwenyura nyamara Zuchu we agasaba abafana ko basakuza bavuga bati murongore murongore.   

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here