25.7 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeAbasirikare ba FARDC baherutse guhunga M23 bakatiwe urwo gupfa

Abasirikare ba FARDC baherutse guhunga M23 bakatiwe urwo gupfa

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Abasirikare ba FARDC baheruka guhunga intambara Bahari bahanganyemo na M23 bakatiwe urwo gupfa.

Ni urukiko rukuru rwa gisirikare rwo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, rwahamije abasirikare 8 , ibyaha bifitanye isano no gutererana abandi ku rugamba.

Aba basirikare barimo Colonel, Lieutenant Colonel na Major bakoreraga muri batayo ya 223 bakaba bari baroherejwe ku rwanya M23, mu bice byo muri teritware ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Byaravuzwe ko aba bahunze mu ntambara zabereye i Mushaki nohafi aho.Iperereza rya kozwe n’igisirikare ryagaragaje ko bashobora kuba barananiwe kuyobora urugamba, hubwo bahitamo gufata icyemezo cyo gukizwa n’amaguru.

Me Alexis Olenga wunganira Lt Col Gabriel Paluku uri muri aba bofisiye, mu kwezi kwa Gatatu uyu mwaka yatangarije ibiro ntara makuru by’Abafaransa, AFP ko ibyaha bashinjwa birimo ubugwari no guhunga umwanzi, ariko ko barengana.

Ubushinjacyaha bwari buheruka gusaba urukiko guhamya aba ibi byaha, rukabakatira igihano cyo kwicwa. Urukiko rukuru ruherereye mu mujyi wa Goma rwashimangiye ubu busabe kuri uyu wa 3/05/2024.

Aba basirikare bari 11, nyuma urukiko rugira batatu muribo abere, rusobanura ko ubushinjacyaha butagaragaje ibimenyetso bifatika bigaragaza ko bakoze ibi byaha.

Ahagana tariki ya 13 Gashyantare 2024, nibwo Guverinoma ya Kinshasa yafashe icyemezo cyogusubizaho igihano cy’u rupfu cyari cyarasubitswe mu 2003, isobanura ko byatewe n’uko ubugambanyi bukomeje kwiyongera mu gihugu.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here