23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeUbutaberaUmusirikare wasambanaga n’umugore wa mugenzi we yamenyekanye ahita ahabwa igihano cyanyuze imitima...

Umusirikare wasambanaga n’umugore wa mugenzi we yamenyekanye ahita ahabwa igihano cyanyuze imitima ya benshi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umusirikare witwa Abdullahi Ismail, usanzwe ufite ipeti rya Kaporali, yirukanwe mu Ngabo za Nigeria nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kuryamana n’umugore wa mugenzi we basanzwe bakorana mu gisirikare mu bihe bitandukanye. 

Uyu mugabo ufite ipeti rya Kaporali yirukanwe mu Cyumweru gishize, nyuma y’uko bimenyekanye ko yaryamanye n’umugore w’umusirikare mugenzi we.  

Amakuru ahari kandi avuga ko yajyaga aca ku ruhande abandi basirikare, akava mu nkambi maze akajya kuryamana n’umugore wa mugenzi utatangajwe amazina. 

Uyu musirikare ngo yakomeje kuryoherwa no kuryamana n’umugore w’abandi, maze amaze gutahurwa ni bwo yahise ahanishwa kwirukanwa burundu mugisirikare.  

Ikinyamakuru SaharaReporters cyatangaje ko uyu musirikare wirukanwe yari afite imico itari myiza na mbere y’uko aza gutahurwaho ko aryamana n’umugore wa mugenzi we. 

Uyu musirikare yahamijwe ibyaha birimo imyitwarire idahwitse mu kazi no kuryamana n’umugore w’umusirikare mugenzi we.  

Ibi binyuranyije n’ingingo ya 79 na 93 z’Itegeko ry’ingabo muri Nigeria ryashyizweho muri 2004. Itegeko riteganya igihano cyo gufungwa no kwirukanwa burundu mu gisirikare ku muntu wagaragaweho n’ibyo byaha byahamye Abdullahi Ismail. 

Gusezererwa kwa bdullahi Ismail wabarizwaga murii Batayo ya 231 ikorerea i Biu, muri Leta ya Borno byateye bagenzi be gukangarana kuko nabo ahari amakuru avuga ko bafite imico itari myiza.  

Icyakora iyi nkuru ikimara kumenyekana byababaje abaturage benshi, dore ko bamwe bavugaga ko ibyo uyu musirikare yakoreye umugore wa mugenzi we ari ukumusebya bigatuma agaragara nabi nk’aho atazi kwita ku rugo rwe n’umugore we. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here