26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroIbyishimo byahindutse amarira, Umukobwa yapfiriye mu gitaramo cya Asake i Nairobi, bizamura...

Ibyishimo byahindutse amarira, Umukobwa yapfiriye mu gitaramo cya Asake i Nairobi, bizamura uburakari

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Inkuru ibabaje yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga ivuga ko umukobwa ukiri muto witwa Karen Lojore yapfiriye mu muvundo wabereye mu gitaramo cy’umuhanzi w’Umunya-Nigeria Asake, cyabereye kuri Nyayo Stadium i Nairobi ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 20 Ukuboza 2025.

Amakuru y’urupfu rwe yatangiye kumenyekana binyuze ku nshuti n’abo bari baziranye, bagaragaje agahinda kenshi batewe no kubura ubuzima bwe mu gitaramo cyari cyitezweho ibyishimo ariko kikarangira gihindutse amarira.

Abatangabuhamya bavuga ko Karen yari mu bihumbi by’abakunzi b’umuziki bitabiriye icyo gitaramo, kandi ngo yari afite itike yemewe, yagombaga kumuha amahirwe yo kwinjira mu kibuga mu mutekano usesuye. Icyakora, ngo ibintu byahise bihinduka nabi ku marembo ya stade, aho imbaga y’abantu yari yiyongereye cyane bitewe n’uko kwinjiza abitabiriye igitaramo byatinze.

Bamwe mu bari aho bashinja abateguye igitaramo kunanirwa gutegura neza imigendekere y’abitabiriye igitaramo, bavuga ko abashinzwe kwakira abantu batinze kubinjiza mu kibuga, bituma habaho umuvundo ukomeye hanze y’amarembo.

Amakuru akomeza avuga ko ubwo inzego z’umutekano zageragezaga kugarura ituze, byateje igihunga mu bitabiriye igitaramo, abantu batangira kwiruka bashaka kwitabara, ari na byo byarangiye habaye umuvundo wahitanye ubuzima bwa Karen.

Mu gihe ubutumwa bwo kwihanganisha umuryango we bukomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga, iki gikorwa cyabaye intandaro y’uburakari n’impaka ku micungire y’umutekano mu bikorwa by’imyidagaduro bihuriza hamwe imbaga y’abantu benshi. Abaturage n’abakoresha imbuga nkoranyambaga barasaba abategura ibirori n’inzego bireba gutanga ibisobanuro birambuye ku byabaye no gushyiraho ingamba zikomeye zo kurinda ubuzima bw’abitabira ibitaramo bikomeye nk’ibi.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here