26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroTwese turayoboye_ Kenny Sol yagaye abantu barimo kugira ibihangange Bruce Melodie na...

Twese turayoboye_ Kenny Sol yagaye abantu barimo kugira ibihangange Bruce Melodie na The Ben

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Kenny Sol yatangaje ko atemeranya n’abakomeje kuvuga ko Bruce Melodie na The Ben ari bo bihangange cyangwa abayoboye umuziki w’u Rwanda, ashimangira ko uruganda rwa muzika rugizwe n’abantu bose barimo, buri wese akagira umusanzu we.

Uyu muhanzi yavuze ko adakozwa n’imvugo y’uko hari umuhanzi umwe cyangwa babiri bashobora gufatwa nk’abari hejuru y’abandi, ahubwo yemeza ko uwakoze indirimbo nziza igakundwa n’abafana akwiye kubishimirwa, aho guhora bashyira imbere amazina amwe gusa.

Ibi Kenny Sol yabigarutseho, ubwo yari mu bikorwa byo kumenyekanisha indirimbo ye nshya yise Haje Gushya, ateganya no gusohora amashusho yayo mu minsi ya vuba.Ati: “Nta muntu uhanganye n’undi hano mu muziki. Abantu bakore ibikorwa byiza bihangane, nta muntu uyoboye uru ruganda twese tururimo.

Kenny Sol yagaragaje ko guhanganisha abahanzi bamwe no kubashyira mu mwanya w’abayoboye bishobora guca intege abandi, bagatekereza ko nubwo bakora cyane batazigera bagira agaciro gahagije kuko hari amazina yafashwe nk’adasimburwa.

Nubwo bimeze bityo, uyu muhanzi yashimye ihangana rikorwa mu buryo bw’ubucuruzi, avuga ko rishobora kugira uruhare mu gutuma uruganda rwa muzika rurushaho gutera imbere, cyane cyane iyo rwinjiriza abahanzi n’abarushyigikiye.Ati: “Uzitwara neza mu gitaramo ni we uzahabwa indabyo ze. Ibi barimo ni byiza kuko bituma uruganda rushyuha. Nanabonyemo amasosiyete akomeye yabagobotse, bivuze ko byinjije amafaranga.”

Yongeyeho ko nubwo ihangana riri hagati ya The Ben na Bruce Melodie ryaba ribyara inyungu, we nk’umuhanzi nta ruhande na rumwe azabogamira, ahubwo akaguma ku murongo we wo gukora umuziki no kuwunoza.

The Ben na Bruce Melodie bagiye guhurira mu gitaramo cyiswe The New Year kizabera muri BK Arena ku wa 1 Mutarama 2026, kikaba ari kimwe mu bitaramo bikomeje kuvugisha benshi mu bakunzi b’umuziki nyarwanda.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here