37.1 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomePolitikeAbakozi babiri b’Umurenge batawe muri yombi bakurikiranyweho gusaba ruswa y’ibihumbi 100 Frw...

Abakozi babiri b’Umurenge batawe muri yombi bakurikiranyweho gusaba ruswa y’ibihumbi 100 Frw bakamena amabanga y’akazi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Munyemana Gilbert ushinzwe imiyoborere myiza na Tuyisenge Joël ushinzwe isuku n’isukura mu Murenge wa Shyira, mu Karere ka Nyabihu, rubakurikiranyeho icyaha cyo gusaba indonke no kumena ibanga ry’akazi. 

RIB ivuga ko aba bakozi b’Umurenge wa Shyira batawe muri yombi ku wa 8 Gicurasi 2024. Bakekwaho gukora ibi byaha ubwo basabaga amafaranga y’u Rwanda angana n’ibihumbi 100Frw umukandida wakoraga ikizamini cy’akazi mu Murenge wa Shyira, bamubwira ko yatsinze kandi ko nayabaha, “ahita asinya amasezerano y’akazi.” 

RIB yashimiye abatanze amakuru kugira ngo Munyemana na Tuyisenge bafatwe, imenyesha abaturarwanda ko nta muntu ukwiye kwihanganira icyaha cya ruswa. Iti “Abayishoramo bari bakwiye kuzibukira kuko ruswa itazihanganirwa.” 

Kuri ubu Munyemana na Tuyisenge bafungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Mukamira mu gihe dosiye yabo iri gutunganywa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha. 

Icyaha cyo gusaba indonke giteganywa n’ingingo ya 4 y’Itegeko No54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa. Gihanishwa igifungo kirenze imyaka 5 ariko kitarenze imyaka 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri 3 na 5 z’agaciro k’indonke yasabwe cyangwa yakiriwe. 

Naho icyaha cyo kumena ibanga ry’akazi gihanwa n’ingingo ya 158 y’Itegeko No68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Gihanishwa igifungo kuva ku mwaka 1 ariko kitarenze imyaka 2, n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni 2 ariko atarenze miliyoni 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here