37.1 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomePolitikeAbasirikare ba FARDC bagize ubwoba nyuma yo kubona ibyo M23 ibakoreye! Haribazwa...

Abasirikare ba FARDC bagize ubwoba nyuma yo kubona ibyo M23 ibakoreye! Haribazwa ikigiye gukurikiraho

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Mu mirwano yahuje Ingabo za FARDC n’abandi bayifasha, yarangiye M23 ihaye isomo rikomeye izi ngabo za Repubulika iharanira demokarasi ya Congo.

Muri iyi mirwano M23 yashwanyaguje imodoka za FARDC yari isanzwe yifashisha mu ntambara. Ibi byabaye kuri uyu wa Kabiri Tariki ya 19 Werurwe 2024 mu Misozi yegereye Centre ya Sake ho muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru.

Umunyamakuru bwite wa CorridorReports yamenye amakuru ko M23 yateye bombi kuri FARDC maze bikarangira izo Bombe zishwanyaguje imbunda zo mubwoko bwa BM-21 zari zisanzwe zifasha FARDC kurwanya M23.

Iy’inkuru ikavuga ko harashwe ibimodoka by’ibifaru bigera kuri bibiri, ko kandi byarashwe bihinduka umuyonga. Byarasiwe neza mu gace ka Gasengesi hafi ujya kwegera i mu Gunga. Bavuga ko ibyo bibunda bya BM-21, biri mubigurwa amafaranga menshi.

Umwe mu banyamakuru bakurikirana ibibera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Justin Kabumba, yatangaje ko M23 yateye ibisasu byinshi mu bice biherereye mu nkengero za Sake.

Justin Kabumba, avuga ko ingabo za FARDC na SADC, bakomeretse ku bwinshi ariko ko umubare nyawo utarabashaka ku menyekana. Iyi mirwano ibaye mu gihe no ku munsi w’ejo hashize ku dusozi twunamiye Centre ya Sake, nka Ndumba n’ahandi hari habereye urugamba rukaze hagati y’impande zihanganye.

Kurundi ruhande haravugwa ko ibibunda byahoraga bikoreshwa n’ihuriro ry’ingabo zirwanirira leta ya Kinshasa kuri ubu byamaze kwangirika ibindi bikaba byaramaze guhungishirizwa mu zindi Ntara.

Bimwe mu bikoresho bya gisirikare bya leta ya Kinshasa, bimaze kuraswa na M23, bigahita byangirika harimo drone zigera kuri zine, n’ibibunda byo mu bwoko bwa Saba Saba, ndetse na BM-21. Bikaba byari byarabiciye bigacika mu mezi make ashize.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here