24.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroAmagambo ya Bebe Cool kuri Tracey Melon yateje uburakari, bamwe bamushinja kutagira...

Amagambo ya Bebe Cool kuri Tracey Melon yateje uburakari, bamwe bamushinja kutagira ikinyabupfura

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Mu minsi ishize, amagambo yatangajwe n’umuhanzi ukomeye muri Uganda, Bebe Cool, ku muhanzikazi Tracey Melon yateje impaka ndende mu bakunda umuziki, benshi bagaragaza ko atari ay’icyubahiro gikwiye.

Ibi byabaye mu gihe Bebe Cool yashyiraga hanze urutonde rw’abahanzi bagaragaje umwihariko mu mwaka ushize. Abajijwe icyo atekereza kuri Tracey Melon, yavuze ko atamuzi nubwo akunze kumva izina rye.

Yagize ati: “Uyu muhanzi sinamuzi, ariko mpora numva izina Tracey Melon. Sinamuzi, ariko izina ndarizi.”

Aya magambo ntiyakiriwe neza na benshi, cyane cyane abakurikirana umuziki wa Uganda, bibaza uko umuhanzi umaze igihe kirekire atamenya Tracey Melon, nyamara amaze kugaragaza umusaruro ugaragara.

Tracey Melon amaze kwigaragaza cyane binyuze mu ndirimbo zakunzwe nka “Ogenda Kukilaba,” “Tovayo” na “Kakana”, zose zimaze kurebwa inshuro zirenga miliyoni imwe kuri YouTube, bikamushyira mu cyiciro cy’abahanzi bari kuzamuka neza mu muziki w’igihugu.

Mu gihe benshi bateganyaga ko Tracey Melon yasubiza amagambo ya Bebe Cool mu buryo bukakaye, yahisemo inzira itandukanye irangwa n’ituze n’ubunyamwuga. Yashimiye kuba yaravuzwe, anavuga ko ibyo byamubereye imbarutso yo gukomeza kwiyubaka no kurushaho kumenyekana.

Yagize ati: “Ndashimira kuba Tracey Melon yaravuzwe muri uyu mwaka. Ngomba gukomeza gukora cyane kugira ngo abantu bamenye izina ryanjye n’isura yanjye, kuko hari abamenya indirimbo ariko ntibamenye izina, abandi bakamenya izina ariko ntibamenye isura.”

Iyi myitwarire ya Tracey Melon yashimwe na benshi, bavuga ko yerekanye ko iterambere rishingira ku bikorwa kuruta amagambo. Mu gihe amagambo ya Bebe Cool yakomeje kuvugisha benshi muri iki gihugu.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here