29.4 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeAmerika yasabye Tshisekedi wa RDC gukora ibyashimishije abakandiba bose bahatanye na we...

Amerika yasabye Tshisekedi wa RDC gukora ibyashimishije abakandiba bose bahatanye na we mu matora batishimiye ibyayavuyemo

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Nyuma y’uko amatora abaye muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo ntavugweho rumwe na benshi n’inzego zitandukanye cyane ku bari mu bahatana ku mwanya w’umukuru w’igihugu, ndetse Amerika ikaza gusaba ko hakorwa iperereza ariko ntirikorwe, kurubu yongeye gusaba ko haba igenzura ryimbitse. 

Amerika yari yasabye bwambere ko hakorwa iperereza n’ubwo yimwe amatwi bikaguma aho kugera Tshisekedi wayatsinze arahiye ko ngera kuyobora ku mugaragaro. 

Ku nshuro ya kabiri, Amerika yongeye isaba ko iperereza ku migendekere y’amatora muri RDC ryakorwa. ni mu rwego rwo gushaka kumenya niba intsinzi ya Tshisekedi yaranyuze mu mucyo no mu bwisanzure. 

Ni icyifuzo cyatanzwe kuri uyu wa Mbere, nyuma y’uko bamwe mu bari bahatanye na Perezida Félix Tshisekedi barimo Moise Katumbi, Martin Fayulu n’abandi bavuze ko Komisiyo y’igenga y’amatora ((CENI), yibiye amajwi Tshisekedi. 

Iri genzura Amerika isaba ko ryakorwa, ni mu rwego rwo gushaka kumenya niba intsinzi ya Tshisekedi yaranyuze mu mucyo no mu bwisanzure. 

Ni ibyatangajwe n’umunyamabanga mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken, aho yasabye ababifite mu nshingano gukora ibishoboka byose kugirango hatangwe umucyo ku bashidikanya ko Perezida Tshisekedi atatowe. 

Ibi bibaye mu gihe Kuwa Gatandatu taliki 20 Mutarama 2024 aribwo Perezida Tshisekedi yarahiriye kuyobora DR Congo nyuma y’ukwezi kumwe amatora abaye muri iki gihugu.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img