39.1 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeArikiyepiskopi wa Kinshasa Cardinal Ambongo uri mu bajyanama 9 ba Papa yakorewe...

Arikiyepiskopi wa Kinshasa Cardinal Ambongo uri mu bajyanama 9 ba Papa yakorewe ibyashenguye imitima y’Abakirisitu Gatolika

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Arikiyepiskopi wa Kinshasa, Cardinal Fridolin Ambongo yangiwe kunyura ahagenewe abanyacyubahiro ku kibuga cy’indege cya Ndjili muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’iminsi atameranye neza n’ubutegetsi.  

Byabaye kuri iki Cyumweru ubwo Cardinal Ambongo yari agiye i Roma mu Butaliyani nkuko ibinyamakuru byo muri RDC byabitangaje.  

Ambongo amaze iminsi atarebana neza n’ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi nyuma y’aho kuri Pasika avuze ko igihugu gisa nk’ikitayobowe ndetse agaragaza ko ababura uko babigenza bakajya mu mitwe yitwaje intwaro atabarenganya.  

Ubusanzwe Cardinal Ambongo yari asanzwe anyura muri icyo cyumba cyahariwe abanyacyubahiro ku kibuga cy’indege icyakora kuri iyi nshuro bamwangiye, ntiyabwirwa impamvu.  

Cardinal Ambongo akunze kujya i Roma kenshi dore ko ari umwe mu icyenda bagira inama Papa.  

Cardinal Ambongo yakorewe ibi nyuma y’amasaha macye, Umurambo wa Jose Mbemba, umwe mu barinzi ba Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Felix Tshisekedi wasanzwe mu gace gatuwe i Kinshasa kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Mata 2024.  

Uburyo uyu murinzi yapfuyemo ntabwo buzwi icyakora hari ibinyamakuru byo muri Congo byatangaje ko ashobora kuba ari we washyize hanze amakuru y’uko Perezida Tshisekedi yaba arwariye mu Bubiligi. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here