32.2 C
Africa
Vrydag, April 24, 2026
HomePolitikeBahise bakora inama karundura: Hamenyekanye amayeri FARDC igiye gukoresha nyuma yo kwamburwa...

Bahise bakora inama karundura: Hamenyekanye amayeri FARDC igiye gukoresha nyuma yo kwamburwa ibice by’ingenzi na M23

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa mbere tariki 05 Gashyantare 2024 ryongeye kugaba ibitero biremereye rikoresheje indege z’intambara n’ibibunda birasa kure, mu bice byo muri Kivu y’Amajyaruguru. 

Izi ngabo zongeye kwisuganya ngo zirwanye M23 nyuma yuko mu mirwano iheruka yabaye mumpera z’iki Cyumweru dusoje yari yazambuye uduce twinshi two muri teritware ya Masisi. 

Muri aka kanya ubwo twandikaga iyi nkuru, ihuriro ry’Ingabo zirwana k’uruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo riri kurasa ibisasu biremereye mu baturage baturiye agace ka Bushanga ko muri Localité ya Mweso, muri teritware ya Masisi. 

Nimugihe kandi mu ijoro ryakeye rishira kuri uyu wa Mbere, ibitero bikomeye, by’ihuriro ry’Ingabo z’igihugu, byibasiriye ibice byo muri Grupema ya Bambo, teritware ya Rutsuru.  

Ni mu mirwano yabaye mu ijoro bivugwa ko yaguyemo abo ku ruhande rwa leta benshi nyuma yuko M23 yari yongeye gufata imbunda ziremereye n’izito. 

Muri bimwe mu bice bya Minova muri teritware ya Kalehe harimo kwisukiranya ingabo ninshi za FARDC n’abambari babo (FDLR, Wagner, Wazalendo na SADC).  

Ninyuma yuko k’u munsi w’ejo hashize SADC na FARDC bakoze inama karundura, bemezanya ku rwanya M23 kugeza bayambuye imbunda, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’igisirikare cya RDC mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img