35.9 C
Africa
Vrydag, April 24, 2026
HomePolitikeBenshi bahasize ubuzima: Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, cyikoze...

Benshi bahasize ubuzima: Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, cyikoze mu nda ku musozi wa Muremure

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Amakuru aturuka mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aremeza ko ingabo z’iki gihugu (FARDC) zimaze kwikora mu nda, ku musozi wa Muremure. 

Aya makuru avuga ko umubare munini utaramenyekana w’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo waguye ku rugamba, kubera ko indege y’intambara yabo ya Sukhoi-25 yibeshye ikabarasaho. 

Iyi ndege y’intambara yibasiye ingabo za FARDC hafi ya Kiluku, munsi y’umusozi wa Muremure, ni hafi kandi ya Bweremana. 

Ibi byabaye ubwo ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zari zihangaye n’intare za Sarambwe (M23), mu mirwano yubuye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 2 Gashyantare 2024. 

Nyuma y’uko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikanze igitero cya M23, zashatse kukiburizamo maze zihagurutsa indege y’intambara ya Sukhoi-25 kugirango bajye kubarasira kuri uwo musozi wa Muremure. 

Ni igikorwa kitabahiriye kuko mugihe abasirikare ba FARDC bahageraga indege yabo yaje ikabamishaho urufaya rw’amasasu benshi bakahasiga ubuzima. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img