27.7 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduroDavis D yigaruriye Rubavu, yemeza ko ari “Umwami w’Abana” mu gitaramo cya...

Davis D yigaruriye Rubavu, yemeza ko ari “Umwami w’Abana” mu gitaramo cya Christmas Beach Fest

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Umuhanzi Davis D uri mu bafite izina rikomeye mu muziki nyarwanda, yashimangiye ko ari “umwami w’abana” nyuma yo kwigarurira imitima y’abitabiriye igitaramo Christmas Beach Fest cyabereye mu Karere ka Rubavu kuva ku wa 25 kugeza ku wa 26 Ukuboza 2025.

Iki gitaramo cyabereye kuri Heza Beach, mu ijoro rya Noheli, kiyoborwa na MC Tino, mu gihe abavangaga imiziki barimo Selekta Dady, DJ Pyfo na DJ Anita Pendo basusurukije imbaga y’abantu bari bitabiriye uyu munsi mukuru.

Mbere y’uko Davis D agera ku rubyiniro, abitabiriye iki gitaramo babanje gususurutswa n’umuhanzi YewëeH, waririmbye indirimbo ze zirimo Dangote yashimishije benshi, anifashisha uwo mwanya kwibutsa ko yakuriye mu Karere ka Rubavu, bituma abari aho barushaho kumva bamwegereye.

Nyuma ye, DJ Pyfo na Anita Pendo bakomeje gushyushya urubyiniro ku rwego rwo hejuru, bituma ibyishimo birushaho kwiyongera mu baje kwizihiza Noheli ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.

MC Tino yahise ahamagara Davis D ku rubyiniro, afata umwanya urenze isaha ataramana n’abakunzi be. Yaririmbye indirimbo ze zakunzwe cyane zirimo Ifarasi, Bon, Dede, ndetse ageze kuri Eva azamura inkumi ku rubyiniro zimufasha kuyibyina, ibintu byarushijeho gusetsa no gushimisha abafana.

Davis D ntiyagarukiye kuri izo ndirimbo gusa, kuko yanaririmbye izindi nka Lolo na Itara, aziririmbana n’imbaga y’abantu bigaragara ko bazizi neza, bagafatanya na we mu majwi n’ibyishimo.

Ubwo yasoje igitaramo cye, Davis D yafashe umwanya wo gushimira abakunzi be no kubatumira ku munsi wa kabiri wa Christmas Beach Fest, abasaba kuzitabira igitaramo kizataramwamo Kitoko ku wa 26 Ukuboza 2025, akomeza gushimangira Rubavu nk’igicumbi cy’ibyishimo n’imyidagaduro muri iyi minsi mikuru.

Abanya_Rubavu bishimye karahava

AMAFOTO: AFROVERA 

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here