23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeUrukundoDore ahantu 3 abakobwa/abagore batari bazi bakwiriye kurinda cyane igihe bari kumwe...

Dore ahantu 3 abakobwa/abagore batari bazi bakwiriye kurinda cyane igihe bari kumwe n’abasore/abagabo

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Ubusanzwe igitsinagore ni impano ikomeye Imana yahaye abagabo. Biragoye ko wabona umugabo udakururwa nabo cyangwa utifuza gukora k’umukobwa uko yaba ameze kose. 

Hari abakobwa batabikunda ugasanga barikomeza cyane ku bagabo, bigatuma abagabo nabo baharanira kumenya intege nke zabo kugira ngo babone aho bahera bagera ku byo babashakaho byo kuryamana nabo. 

Nubwo ari byiza kumenya icyo umugore cyangwa umukobwa mukundana akunda n’aho akunda ko umukora kugira ngo utamubangamira, si ngombwa ko aho hose uhakora ugamije gusa imibonano mpuzabitsina. 

Niba rero uri umukobwa ukabona umuhungu aragukorakora kuri ibi bice tugiye kugarukaho, uzarye uri menge bitazagutura mu mutego wo gukora imibonano mpuzabitsina utabigambiriye. 

Ku ijosi 

Iki gice ni igice gikomeye cyane mu gushyira umukobwa mu byiyumvo byo gutera akabariro ku buryo byagora ko umukobwa utabasha kwigenzura yikura ku musore watangiye amukorakora, amusomagura kuri iki gice.  

Niba mubizi bamwe, ubundi burya ngo no kuba umukobwa cyangwa umusore yaguhobera mugahuza imisaya ku buryo abasha kuguhumekera ku ijosi, ni kimwe mu bintu bikurura ubushagarira cyane buganisha ku gutera akabariro.  

Niba ubona ko umusore ari kugukora cyane kuri iki gice, bikumire bitaragutura mu mutego. 

Ku nda 

Urubuga Women Resources, rutangaza ko burya inda y’abakobwa ikunze cyane kubabuza kwigenzura igihe iri gukorakorwa n’igitsinagabo.  

Mwibuke ko ari naho hari umukondo, ku musore wabashije guhabwa urwaho rwo kuyikoraho, ashobora no kuzamuka akagana ku mabere gutyo gutyo. Niba rero ubonye atangiye kugukorakora kuri ibi bice, muhagarike amazi atararenga inkombe. 

Amatwi 

Umuzenguruko w’ugutwi ni ahandi hantu abakobwa bakunze gukorwa bagasabwa n’ubushake bwo gukora imibonan0 mpuzabits1na.  

Abasore benshi bakunze kuhakoresha intoki, ururimi nk’abari kuhasoma n’ubundi buryo bwo gusa nk’abahumekera umwuka ku mukobwa biganisha ku kumwinjiza mu bushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina.  

Niba uri umukobwa ukabona umuhungu muri kumwe muganira ari kwibanda ku gukorakora kuri ibi bice twavugaga, kumira bitaragera ku rwego utakekaga kuko iyo bitinze ntuba ukibashije kwigenzura. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here