33.8 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomePolitikeDore ibikubiye mu ruzinduko Perezida Félix  Tshisekedi agiye kugirira mu ntara ya...

Dore ibikubiye mu ruzinduko Perezida Félix  Tshisekedi agiye kugirira mu ntara ya ITURI

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ategerejwe mu ntara ya Ituri imaze igihe yarayogojwe n’ubwicanyi.

Ni uruzinduko rugomba kuba kuri uyu wagatatu tariki ya 15 Gicurasi 2024 gusa ntihatangajwe isaha, ariko amakuru Corridorreports ifite ni uko agera mu mujyi wa Bunia uzwi nku murwa mukuru w’i Ntara ya Ituri.

Ituri iherereye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ikaba ihana imbibi n’igihugu cya Uganda na Sudan y’Epfo.

Iyi Ntara igize igihe yarayogojwe n’ubwicanyi bushingiye ku moko, by’umwihariko ubukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abahema.

Imitwe irimo CODECO, ADF n’indi iza kwisonga ku kwica abasivile muri iyi Ntara.

Perezida Félix Tshisekedi utari ukunze gukorera ingendo zo muri iki gihugu imbere, amakuru avuga ko yahisemo gusura abo muri Ituri; mu rwego rwo guhamagarira imitwe y’itwaje imbunda ikorera muri ibyo bice kuyoboka inzira y’ibiganiro no gutanga amahoro.

Uyu mugabo agiye muri Ituri mu gihe yari aherutse kwakira bamwe mu barwanyi ba CODECO, aho yabakiririye i Kinshasa, mbere y’uko yohereza minisitiri w’ingabo Jean Pierre Bemba kuganira n’iyimitwe y’inyeshamba ikorera ku butaka bwo muri iy’i Ntara ya Ituri.

Ku rundi ruhande andi makuru avuga ko Tshisekedi yaba agiye muri Ituri gusaba imitwe y’itwaje imbunda ku mufasha kurwanya M23. Ni mu gihe uyu mutwe umaze kwigarurira ibice byinshi byo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu kwezi kwa Mbere uy’u mwaka, umuhuza bikorwa wa AFC, Corneille Nangaa yatangaje ko ihuriro rye rifite gahunda yo kwigarurira iki gihugu harimo ko hazabanzwa gufatwa i ntara zigize iki gihugu.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here