29.4 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeDore ibintu 4 bigiye gutuma amatora yo muri RDC yandikwa mu mateka...

Dore ibintu 4 bigiye gutuma amatora yo muri RDC yandikwa mu mateka – Abakandida batanze ruswa bazagezwa mu nkiko

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Abakandida batanze ruswa mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka kuba muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bagiye gukurikiranwa , bagezwe mubutabera Nkuko byatangaje na Denis Kadima uyobora CENI.

Ni icyemezo cyafashwe ku Cyumweru, tariki 31 Ukuboza 2023, nk’uko bya tangajwe na perezida w’iyi Komisiyo y’Amatora, aho yagize ati:

«Ibikoresho by’ikoranabuhanga byakoreshejwe mu matora byagaragaje ko bamwe mu bakandida biyamamarizaga umwanya w’umukuru w’igihugu n’umwanya wa badepite, bagerageje gutanga ruswa ku bakozi ba CENI, mu rwego rwo kugira ngo bazatsinde Amatora. »

Yakomeje agira ati: «Kubwibyo rero impuguke zacu zabashije kubavumbura ndetse ibihano birabategereje abantu bose bagerageje gukoresha ubwo buriganya. »

Kadima kandi yanavuze ko hari n’abandi bakandida ahanini k’u mwanya w’umukuru w’igihugu bagerageje gukoresha itera bwoba ku gira barebe ko batsinda aya matora.

Ati: Bamwe mu bakandida biyamamarizaga umwanya w’umukuru w’igihugu, bagiye bashyira itera bwoba ku bakozi ba CENI, ndetse bakoresha na ruswa! abo bagomba gufatirwa ibihano. Ibyo byose CENI yarabikumiriye, Amatora agenda neza.”

K’urundi ruhande Denis Kadima, yibajije ibi bibazo ubwo yaganiraga n’abanyamakuru i Kinshasa, kuri uyu wa Mbere, tariki ya 1/1/2024, agira ati: “N’inde wagize icyaronka kubera ibyaha? Nta gushidikanya abakandida k’u mwanya w’umukuru w’igihugu, nibo banyibayazana wa manyanga ya kozwe yose muri ay’Amatora.”

Yakomeje agaragaza ko ay’amatora yakozwe neza kandi mu bwisanzure ko kandi buri majwi yagiye abarwa bahereye kuri buri biro y’itora.

Denis Kadima, akaba yarangije abwira abanyekongo ko ay’amatora agomba kwandikwa mu mateka ya Congo ngo kuri izi mpamvu:

  • Amatora yo ku itariki 20 Ukuboza 2023, akwiye kwa ndikwa mu mateka ya Congo, icyambere abantu miliyoni 44, biyandikishije mu mezi ane gusa!
  • Abakandida 101.000, ku rwego rwa perezida w’igihugu na badepite, biyamamaje mu mahoro, abatoreye hanze ya Congo, nabo batoye mu bwisanzure.
  • Internet ntiyigeze icibwa Abacuruzi bakomeje akazi kabo bisanzwe.
  • Nta gikorwa nakimwe cyigeze gihungabana kubera Amatora.

Mu gihe ku urundi ruhande abakandida batavuga rumwe n’ubutegetsi, barimo Martin Fayulu, Dr Denis Mukwege na Moïse Katumbi Chapwe ndetse naza Sosiyete sivile banenze ay’amatora haba no gusaba ko uyahagarariye akwiye gutabwa muriyombi azira kuba yarakoresheje uburiganya muri ay’Amatora. Kugeza ubu impande ninshi zikomeje gusaba ko Amatora yasubirwamo.

Denis Kadima uyobora CENI
Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img