Jonathan Nalebo, wahoze ari umusesenguzi w’umuziki ubu akaba ari umuvugabutumwa, yatangaje ko nubwo Eddy Kenzo ari umwe mu bahanzi ba Uganda begukanye ibihembo byinshi kurusha abandi, atagomba gufatwa nk’ufite impano iruta iya nyakwigendera Mowzey Radio.
Mu magambo ye, Nalebo yavuze ko ibihembo n’icyubahiro Eddy Kenzo yagezeho bidahita bihinduka igipimo cy’impano y’umuhanzi. Yemeje ko Mowzey Radio yari afite ubuhanga budasanzwe mu guhanga no kuririmba, ku buryo Kenzo adafite n’aho agera ku 10% by’impano ye.
Yagize ati: “Eddy Kenzo ni we muhanzi wa Uganda wahembwe cyane, kandi ibyo bimugira icyamamare. Ariko kuba warahawe ibihembo byinshi ntibivuze ko ufite impano irenze iy’abandi. Mu by’ukuri, nta ni 10% by’impano ya nyakwigendera Mowzey Radio afite.”
Nalebo yakomeje asobanura ko indirimbo imwe ya Mowzey Radio ishobora kurusha indirimbo nyinshi za Eddy Kenzo zose hamwe. Yatanze urugero rw’indirimbo Nakeesa, avuga ko ishobora kugereranywa n’urutonde rw’indirimbo za Kenzo zirimo Sitamina, Kyomissinga, Nice & Lovely, Zigido, Mbilo Mbilo na Super Power, n’izindi.
Yagize ati: “Hari indirimbo Radio yakoraga ku buryo Kenzo yakenera kwegeranya nka esheshatu kugira ngo ayigereranye. Kuba uri icyamamare kurusha abandi ntibivuze ko uri umunyempano kurushaho.”



