26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroEddy Kenzo ni icyamamare, ariko impano ya Mowzey Radio iramuruta – Jonathan...

Eddy Kenzo ni icyamamare, ariko impano ya Mowzey Radio iramuruta – Jonathan Nalebo

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Jonathan Nalebo, wahoze ari umusesenguzi w’umuziki ubu akaba ari umuvugabutumwa, yatangaje ko nubwo Eddy Kenzo ari umwe mu bahanzi ba Uganda begukanye ibihembo byinshi kurusha abandi, atagomba gufatwa nk’ufite impano iruta iya nyakwigendera Mowzey Radio.

Mu magambo ye, Nalebo yavuze ko ibihembo n’icyubahiro Eddy Kenzo yagezeho bidahita bihinduka igipimo cy’impano y’umuhanzi. Yemeje ko Mowzey Radio yari afite ubuhanga budasanzwe mu guhanga no kuririmba, ku buryo Kenzo adafite n’aho agera ku 10% by’impano ye.

Yagize ati: “Eddy Kenzo ni we muhanzi wa Uganda wahembwe cyane, kandi ibyo bimugira icyamamare. Ariko kuba warahawe ibihembo byinshi ntibivuze ko ufite impano irenze iy’abandi. Mu by’ukuri, nta ni 10% by’impano ya nyakwigendera Mowzey Radio afite.”

Nalebo yakomeje asobanura ko indirimbo imwe ya Mowzey Radio ishobora kurusha indirimbo nyinshi za Eddy Kenzo zose hamwe. Yatanze urugero rw’indirimbo Nakeesa, avuga ko ishobora kugereranywa n’urutonde rw’indirimbo za Kenzo zirimo Sitamina, Kyomissinga, Nice & Lovely, Zigido, Mbilo Mbilo na Super Power, n’izindi.

Yagize ati: “Hari indirimbo Radio yakoraga ku buryo Kenzo yakenera kwegeranya nka esheshatu kugira ngo ayigereranye. Kuba uri icyamamare kurusha abandi ntibivuze ko uri umunyempano kurushaho.”

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here