21.5 C
Africa
Sondag, April 26, 2026
HomePolitikeGen. Christian Tshiwewe yagabanyirijwe ubushobozi n’inshingano yari asanganywe mu gisirikare cya FARDC

Gen. Christian Tshiwewe yagabanyirijwe ubushobozi n’inshingano yari asanganywe mu gisirikare cya FARDC

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Biravuga ko Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki gihugu, Gen. Christian Tshiwewe Songesa yagabanyirijwe ubushobozi, yamburwa zimwe mu nshingano. 

Tshiwewe ni Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC kuva mu mwaka ushize wa 2022, ubwo yasimburaga kuri izo nshingano Gen Celéstin Mbala woherejwe mu kiruhuko cy’izabukuru. 

Tshiwewe wahoze akuriye umutwe w’abasirikare bashinzwe kurinda Tshisekedi, yafatanyaga inshingano z’Umugaba Mukuru w’Ingabo n’izo kuba Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Umutekano za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo avuga ko izi nshingano za kabiri ari zo yambuwe, azisimburwaho na Gen Franck Ntumba usanzwe akuriye ibikorwa bya gisirikare muri Perezidansi ya RDC, akaba agomba kungirizwa na Général-Major Christian Ndaywel (yavuzwe cyane mu rupfu rw’umunyapolitiki Chérubin Okende). 

Tshiwewe yasigaranye inshingano zo gukomeza kuba Umugaba Mukuru wa FARDC. 

Kugeza ubu ntiharamenyekana impamvu Tshisekedi yakoze izi mpinduka. 

Ni impinduka cyakora zabaye mu gihe hari impungenge z’uko muri RDC haba imvururu, nyuma y’”amatora yaranzwe n’akavuyo ndetse n’inenge nyinshi” yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Ukuboza 2023. 

Kuri ubu abanyapolitiki bayahataanyemo barangajwe imbere na Martin Fayulu cyo kimwe na Denis Mukwege bamaze gutangaza ko batazemera ibyayavuyemo, mbere yo gusaba amahanga kotsa igitutu Perezida Félix Tshisekedi agategura andi. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here