29.4 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeHari abayobozi babyihishe inyuma? RIB yataye muri yombi batatu bakekwaho kwiba ibendera...

Hari abayobozi babyihishe inyuma? RIB yataye muri yombi batatu bakekwaho kwiba ibendera ry’u Rwanda

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Mu gihe hashize iminsi itanu ibendera ry’u Rwada ryari ku biro by’akagari ka Nyamure, mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza, ryibwe, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi abantu batatu bakekwaho ubwo bujura. 

Amakuru avuga ko ubu bujura bwamenyekanye ari uko bivuzwe n’irondo ry’umwuga muri kariya gace, ribibwira ubuyobozi. Icyo gihe urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangiye iperereza.  

Mu gihe abaturage, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’inzego z’umutekano bahise batangira gushakisha iryo bendera ry’Igihugu. 

Kuri ubu UMUSEKE dukesha iyi nkuru wamenye ko RIB imaze guta muri yombi abantu batatu bari basanzwe bakora akazi k’irondo ry’umwuga, ari bo Mushokambere Samuel, Kubwimana Alex na Ntawuhigumuto Evariste. 

Mu yandi makuru aturuka mu baturage kandi, ni uko bikekwa ko ririya bendera ry’u Rwanda ryibwe n’uwahoze ashinzwe umutekano mu mudugudu wa Kanyundo, muri kariya kagari ka Nyamure ari we Bazambanza Emmanuel.  

Bavuga ko impamvu bakeka uyu mugabo ni uko yari amaze igihe gito yeguye mu nshingano ze, ndetse ngo ntabwo yahuzaga n’ushinzwe umudugudu wa Kanyundo witwa Nsabimana Emmanuel. 

Ikindi bariya baturage bashingiraho bamukeka, ngo ni uko Bazambanza wahoze ashinzwe umutekano atakiri muri kariya gace, kandi ntawuhamagara telefone ye ngo ayifate, cyakora we ngo hari abo ahamagara ababaza uko byifashe ku ivuko aho i Nyamure hibwe ibendera.  

Ni mu gihe hari n’abavuga ko yaba yaratorokeye muri Uganda, bityo akaba yarabikoze agira ngo ahime umuyobozi w’Umudugudu. 

Ubugenzacyaha bwataye muri yombi aba bagabo batatu mu gihe, mu bihe bitandukanye abaturage n’inzego z’ubuyobozi bazindukira ku biro by’Akagari bakora inama y’uko iryo bendera ryaboneka. 

Icyakora Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Murangira Thierry yavuze ko agiye gutangira gukurikirana iby’ariya makuru ngo hamenyekanye by’ukuri uwakoze ubu bujuru bw’iri bendera 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here