24.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeIbitero bya M23 na FARDC ifatanyije n’ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba n’abacancuro byongeye gukaza...

Ibitero bya M23 na FARDC ifatanyije n’ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba n’abacancuro byongeye gukaza umurego

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Imirwano ikomeje guhanganisha umutwe wa M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku munsi w’ejo hashize, tariki ya 17/01/2024, yabereye mu nkengero za Lacalite ya Karuba, muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Byavuzwe ko iyo mirwano yari ikomeye, ndetse ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FDLR, abacancuro b’Abarusiya, FARDC, Ingabo z’u Burundi na Wazalendo, bakoresheje indege y’intambara yo mu bwoko bwa SUKHOÏ-25, mu kurasa kuri M23. 

Nk’uko byavuzwe iyi ndege ya Sukhoï-25 y’ihuriro ry’Ingabo za RDC ikunze guhagurukira ku kibuga cy’indege cya Goma ikabona kwerekeza mu bice biherereyemo imirwano muri Masisi na Rutshuru na Nyiragongo. 

Gusa amakuru yatanzwe n’u buyobozi bw’ibanze ahamya ko kuva aho imirwano yongeye kuremera kuva ku wa Kabiri tariki ya 17/01/2024, nta bwo abarwana ku ruhande rwa leta barabasha kuvana umutwe wa M23 aho wari uri. 

Ibi bishimangirwa n’umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare major Willy Ngoma aho yagize ati: “Turacyari barya kandi twiteguye gusubiza ubutegetsi bwa Kinshasa. Ntaho bigeze batuvana byibuze n’ahangana na santimetero (imwe), ntibazanabigeraho.” 

Hagati aho operasiyo ihuriyemo Ingabo za SADC n’Ingabo za FARDC igiye gutangira ibikorwa byo kurwanya M23 nk’uko umugaba mukuru w’Ingabo za RDC zirwanira ku butaka akaba n’uyoboye operasiyo y’Ingabo za RDC mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen Sikabwe Fall, ku munsi w’ejo yabwiye Abaturage baturiye i Masisi ko bagomba kwizera FARDC na SADC. 

Ati: “Turizeza abaturage baturiye ibice bigenzurwa na M23 ko vuba bagiye gusubizwa mu butegetsi bwa leta. Mwiringire operasiyo ihuriyemo Ingabo za SADC na FARDC.” 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img