29.8 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeImikinoIgihugu gihana imbibe n’u Rwanda cyatangaje ko cyohereje inzobere mu bwubatsi kwiga...

Igihugu gihana imbibe n’u Rwanda cyatangaje ko cyohereje inzobere mu bwubatsi kwiga uko stade mpuzamahanga zubakwa

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Guverinoma ya Uganda binyuze muri Minisitiri wa siporo, Peter Ogwang, yatangaje ko itsinda ry’abashakashatsi bo muri Minisiteri y’imirimo n’ubwikorezi n’abatekenisiye bo mu Nama y’igihugu ya Siporo bari mu Rwanda kugira ngo bagenzure urwego Stade Amahoro iherutse kuvugururwa i Kigali yashyizweho ngo bamenye uko stade mpuzamahanga zubakwa. 

Ubwo yahuraga na komite ishinzwe uburezi na siporo mu Nteko Ishinga Amategeko, Ogwang yavuze ko Stade Amahoro ari ingenzi mu gusuzuma mu gihe Uganda yitegura gutangira kubaka Stade y’Umujyi wa Hoima, izakoreshwa mu mikino y’igikombe cya Afurika, 2027 AFCON, izakirwa na Uganda, Kenya, na Tanzaniya .  

Stade yavuzwe izubakwa na Summa International Construction Company Inc yo muri Türkiye ari nay o yubatse Stade Amahoro. 

Ogwang yagize ati: “Mfite ikipe yagiye mu Rwanda kugira ngo ikore ubugenzuzi bw’ibanze mu mushinga mushya wa AFCON, cyane cyane Stade yo mu mujyi wa Hoima.” 

Yongeyeho ati: “Nasuye u Rwanda umwaka ushize, kandi nishimiye ubumenyi bwo mu rwego rwo hejuru busabwa kugira ngo ukore umushinga nk’uyu.” 

Nk’uko Ogwang abitangaza ngo Namboole iri kuvugururwa, ntabwo ari yo izashingirwaho nka stade nkuru ya Uganda mu kwakira AFCON 2027.
Ubwo yasabaga guverinoma kurekura amafaranga ku gihe yagize ati: “Iyo tuvuze kuri AFCON 2027, bamwe muri mwe mushobora gutekereza ko ari kure cyane, ariko hasigaye imyaka itarenze itatu.” 

Mu mpera z’icyumweru gishize, u Rwanda rwashyize ahagaragara stade y’imyanya 45,000 yubatswe, stade mpuzamahanga ya mbere mu gihugu yujuje ibisabwa na FIFA (Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi). 

Stade Amahoro, yavuguruwe kuva mu mwaka ushize, irimo stade nkuru ifite ikibuga cy’umupira w’amaguru, stade yo mu nzu y’imyanya 1000,ahakinirwa imikino ngororamubiri, n’ahakorerwa imyitozo y’umupira w’amaguru, kwiruka, handball, volley ball, na beach volley ball. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here