26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeIgitero cya Drone ya FARDC ku baturage cyahitanye ubuzima bwa benshi, ubw’Amatungo...

Igitero cya Drone ya FARDC ku baturage cyahitanye ubuzima bwa benshi, ubw’Amatungo kinasenya amazu menshi.

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Indege y’intambara itagira abapilote (drone) y’ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CH-4) yagabye igitero ku baturage ihitana ubuzima bwa benshi n’ubw’amatungo ndetse n’amazu menshi ya bo arasenywa. 

Amakuru aturuka ku mbuga y’urugamba avuga ko iki igitero cyagabwe mu gace ka Kurugi, yibasira uturere dutuwe n’imiryango y’abatutsi bavanywe mu byabo. 

Si ubwa mbere aba baturage bagabweho igitero nk’iki kuko mu bihe byashize iri huriro ry’imitwe y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo riheruka kubasenyera amazu ndetse bamwe bakaba bari babayeho badafite aho bakinga umusaya nyuma yuko amazu yabo asenywe n’izi ngabo. 

Nkuko umutwe wa M23 wakomeje kubigarukaho, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo burimo kurimbura abaturage, bigakorwa amahanga arebera.  

Kugeza ubu umubare w’abasivili bahitanywe n’iki gitero nturamenyekana, gusa ikinyamakuru corridorreport.com kirakomeza gukurikirana neza uko ibintu bimeze. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img