23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeImibiri myinshi y’abantu yatahuwe mu Bitaro byo muri Palestine yatumye hatangwa itegeko...

Imibiri myinshi y’abantu yatahuwe mu Bitaro byo muri Palestine yatumye hatangwa itegeko ryihuse

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Uburenganzira bwa muntu ryasabye ko habaho iperereza ryigenga kandi rinyuze mu mucyo ku byobo byasanzwemo imibiri y’Abanya-Palestine babarirwa muri 300, byacukwe hafi y’Ibitaro byo mu majyepfo ya Gaza. 

Ni nyuma yuko inzego zo muri Palestine zitangaje ko zabonye amagana y’imibiri y’abantu bapfuye, yari ishyinguye mu byobo rusange hafi nibitaro bya Nasser Medical na Al shifa hospital. 

Kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye riharanira uburenganzira bwa muntu, Volker Turk yavuze ko ibyabaye ari agahomamunwa ndetse asaba ko hakorwa iperereza ryigenga kandi rinyuze mu mucyo. 

Ingabo za Israel zishinjwa kuba inyuma y’urupfu rw’aba bantu ndetse no gucukura ibyo byobo binini byari byarashyinguwemo aba bantu. 

Nyuma y’uko hagaragaye iyi mibiri, hahise hatangira ibikorwa byo gushakisha niba nta bindi byobo biri hafi aho na byo byashyinguwemo abandi. 

Icyakora igisirikare cya Israel cyahakanye kivuye inyumva, kivuga ko abagishinja kuba inyuma y’izi mpfu, nta shingiro bifite. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here