24 C
Africa
Donderdag, April 23, 2026
HomePolitikeIngabo z’u Bushinwa zari zimaze imyaka 21 mu butumwa bw’amahoro bwa MONUSCO...

Ingabo z’u Bushinwa zari zimaze imyaka 21 mu butumwa bw’amahoro bwa MONUSCO zatashye

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Ingabo z’u Bushinwa zari zimaze imyaka 21 mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buzwi nka MONUSCO, zatashye. 

Kuri uyu wa kabiri,nibwo ingabo z’Abashinwa zari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa DR Congo, MONUSCO, bitabiriye umuhango wo gutaha. 

Ingabo 15,000 za MONUSCO zari zoherejwe muri iki gihugu kinini cyo muri Afurika yo hagati zatangiye gutaha muri Gashyantare bisabwe na guverinoma ya Kinshasa, ibona ko nta cyo zimaze. 

Umuhango wo gusezera kuri izi ngabo wabereye mu mujyi wa Bukavu kuri uyu wa 9 Mata 2024, witabiriwe na Bintou Keita uyobora MONUSCO, Marc Malago Kashekere uyobora by’agateganyo intara ya Kivu y’Amajyepfo na Ambasaderi Zhano Bin w’u Bushinwa muri RDC. 

Bintou yashimye ibyo izi ngabo zagezeho mu gihe zari zimaze muri Kivu y’Amajyepfo, ahamya ko zatanze umusanzu ukomeye mu kugarura amahoro n’umutekano muri iyi ntara. 

Ati “Nshimiye bikomeye u Bushinwa ku bw’ingabo bwohereje muri Kivu y’Amajyepfo, zaranzwe n’ibikorwa, ubunyamwuga n’imyitwarire myiza, zibasha kunyura mu byari bigoye cyane. Zagize uruhare rudashidikanywaho mu mahoro n’umutekano muri RDC.” 

Izi ngabo zatangiye koherezwa muri Kivu y’Amajyepfo mu 2003, zibandaga mu bikorwa by’ubwubatsi no gusana ibikorwaremezo byari byarangiritse. 

MONUSCO yasobanuye ko zashyize mu bikorwa imishinga 580 y’ubwubatsi, zisana imihanda ifite ibilometero 1800, zisana ibyambu 80, zubaka n’ibibuga 20 by’indege za kajugujugu. 

Biteganyijwe ko ingabo za MONUSCO nizimara kuva muri Kivu y’Amajyepfo, izikorera muri Kivu y’Amajyaruguru ari zo zizakurikiraho zitaha. Ibice byose zigenzura zizabishyikiriza Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here