26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeInkuru y’ibyabaye ku Ihuriro ry’Ingabo za FARDC zagabye igitero simusiga kigamije kwisubiza...

Inkuru y’ibyabaye ku Ihuriro ry’Ingabo za FARDC zagabye igitero simusiga kigamije kwisubiza Kagano yatumye benshi bacika Ururondogoro

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Imirwano ikaze cyane hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Guverinema ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yongeye kubera mu gace ka Kagano, muri teritware ya Masisi, mu ntara ya Kivu y’Amajyarugu, birangira izi ngabo za RDC n’abambari bazo bayabangiye ingata barahunga. 

Ni imirwano yabaye nyuma y’igitero simusiga cyari cyagabwe n’ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zashakaga kwisubiza Kagano, kamwe mu duce dusanzwe tugenzurwa n’umutwe wa 23, aho byarangiye izi ngabo za RDC ziyabangiye ingata zirahunga, ibintu byatumye benshi bacika Ururondogoro ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye. 

Ku munsi w’ejo ku wa Gatandatu, nibwo Ibice bitandukanye birimo Kagano, Mbuhi, Bukama, Kashunga, Murambi na Nganga, na Muremure, byigaruriwe na M23. 

Bamwe mu basesenguzi mu bya Politiki bagaragaza ko ibi bice Ingabo z’ihuriro ry’Ingabo za Guverinema ya Kinshasa zambuwe, ari ingenzi mu buryo bw’urugamba. 

Akaba ariyo mpamvu mu rucyerera rwo kuri iki cyumweru tariki ya 28 Mutarama 2024 ihuriro ry’Ingabo za FARDC, FDLR, Ingabo z’u Burundi, Wazalendo na SADC, bateye ibisasu by’imbunda ziremereye mu duce dutuwe n’abaturage mu nkengero za Karuba no muri sentere ya Karuba ubwayo. 

Ni ibisasu birimo gusenya amazu y’abaturage, ndetse n’inyubako zirimo insengero n’amashuri, ari nako byangiriza imirima y’abaturage mu buryo bukomeye. 

Ibi byemejwe n’umuvugizi wa M23 mu bya politike, Lawrence Kanyuka, aho yanditse ku rukuta rwe rwa X ahamagarira imiryango mpuzamahanga n’iy’imbere mu gihugu ko ihuriro ry’Ingabo za RDC, zongeye gutera ibisasu ahatuwe n’abaturage benshi muri Karuba no mu nkengero zaho. 

Yashimangiye ibi avuga ati: “M23, irakora ibishoboka byose kugira irinde Abasivile n’ibyabo, kandi turarwana kinyamwuga.” 

Andi makuru akomeje kuvugwa n’ibinyamakuru bya Goma, nuko muri Sake, mu birometre 27 uvuye mujyi wa Goma, Ingabo za SADC n’iza RDC harimo n’Imitwe y’Inyeshamba igizwe na FDLR na Wazalendo, bahurijwe hamwe ari benshi cyane kugira ngo barwanye M23. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img