29.4 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeIshyaka PPRD rya Kabila rikomeje gusaba ko amatora asubirwamo! CENI nayo yahinduye...

Ishyaka PPRD rya Kabila rikomeje gusaba ko amatora asubirwamo! CENI nayo yahinduye umuvuno

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Kwiyamamariza Umwanya w’Abasenateri naba Guverineri, byamaze kwigizwa imbere mugihe byari biteganijwe kuba tariki ya 03 Mutarama 2024.

Mu itangazo CENI yashyize hanze riramenyesha ko ibi bikorwa byasubitswe kumpamvu z’uko habaye ho kwibeshya amajwi y’agateganyo ku mwanya w’Abadepite uhereye muri Komine, Intara ndetse no kurwego rw’igihugu.

Iritangazo rikomeza risaba aba Guverineri n’abasenateri, kwihanganira izo mpinduka. Ibi bibaye mu gihe ishyaka rya PPRD, riyobowe na Joseph Kabila Kabange, wahoze ari perezida muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, rikomeje gutsimbarara ku mahame avuga ko amatora aheruka kuba muri RDC tariki ya 20 Ukuboza 2023 ko agomba guteshwa agaciro maze asubirwemo!

PPRD, kuva muntangiriro za ya amatora bo bavuzeko uburyo arimo gutegurwa butizewe arinabyo byatumye bo batitabira amatora. Abakandida bahanganye na Tshisekedi, aribo Moïse Katumbi, Martin Fayulu na Dr Denis Mukwege, batemera ibya vuye mu matora bamaze kw’iyunga na Joseph Kabila bakaba bari gusaba ko amatora asubirwamo byanze bikunze.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img