23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeM23 yafashe Rubaya kamwe muduce tuzwiho ubutunzi bw’Amabuye y’Agaciro

M23 yafashe Rubaya kamwe muduce tuzwiho ubutunzi bw’Amabuye y’Agaciro

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Tariki ya 30 Mata 2024 ku masaha yo kugicamunsi nibwo ingabo za ARC/M23 zigaruriye Centre ya Rubaya, aho abenshi bakunze kwita kwa Mwangachuchu ho muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Rubaya yafashwe nyuma y’imirwano ikaze yahanganishije M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya RDC.  Aho M23 yaje kwirukana FARDC muri Kabashumba, Bihambwe, Kishusha ari nabwo bahise binjira muri Rubaya nayo ifite uduce dutatu, kwa Mwangachuchu muri Cité nyirizina y’amabuye y’agaciro nyuma babona gufata Rubaya Centre.

Ubusanzwe; Rubaya yibitseho amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Castelite, mangano n’andi n’andi.

Ibindi wamenya ni uko M23 kuri ubu yerekeje i Masisi kuri Zone, kuko baraye ahitwa ku Kibahi.

Bihambwe yafashwe mbere y’uko bafata Rubaya niho hari umuhanda ujya kuri Zone, mu gihe Rubaya yo hari umuhanda ukomeza ujya Gatoyi.

Andi makuru Umunyamakuru wa CorridorReports yamenye avuga ko hari i bindi bice M23 yambuye ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya RDC, harimo udusozi dukikije uruzi runini rwa Oso na centre ya Kanyenzuki ndetse nutundi du Centre duto.

M23 yafashe Rubaya kamwe muduce tuzwiho ubutunzi bw’Amabuye y’Agaciro
Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here