23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeM23 yigishije isomo FARDC n’abambari bayo ku mirongo y’imbere, yigarurira utundi duce...

M23 yigishije isomo FARDC n’abambari bayo ku mirongo y’imbere, yigarurira utundi duce tubiri twegereye Kivu y’Amajyepfo

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Amakuru aturuka ku mirongo y’imbere ku mbuga y’urugamba mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo avuga ko M23 yafashe uduce twa Bitonga na Kalungu. 

Ni nyuma y’Imirwano ikomeye hagati ya M23 na FARDC ifatanyije na Wazalendo yabaye kuva mu gitondo cyo ku munsi w’ejo wa Gatandatu, itariki 4 Gicurasi  muri Gurupoma ya Mupfunyi Shanga, mu birometero 15 uvuye Bweremana, muri Teritwari ya Masisi. 

Mbere yo gufata ibyo bice, imirwano yasatiraga Bweremana, mu gihe abaturage ba Bitonga, Bishange, Kashenda na Bweremana bari mu gihirahiro batinya gusubiza kwa M23 ibisasu FARDC yayiteragaho n’imbunda ziri i Minova. 

Abaturage ngo bahungiraga mu midugudu itandukanye muri Kalehe, cyangwa muri centre ya Minova, aho abaturage baho nabo bari mu cyoba kubera intwaro ziremereye ziri kurasira hafi yabo, ndetse ingabo za Leta zikaba zikomeje kurashisha buhumyi izi ntwaro ibisasu byinshi bikagwa mu baturage ari nako bibambura ubuzima. 

Agace ka Bitonga M23 yigaruriye kuri uyu wa Gatandatu, kareba imijyi ya Minova muri Kivu y’Amajyepfo na Bweremana muri Masisi.  

Kwegera imbere kw’intare za Sarambwe muri kariya gace bizabafasha kwihuta berekeza Kalungu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. 

Bitonga yongewe ku rutonde rw’ahantu M23 imaze kwigarurira, harimo Ngungu, Bugeri, Kibabi, Murambi, Gasake, Ruzirantaka, Rwangara, Rubaya yafashe kuwa Gatanu n’ahandi. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here